Friday, March 5, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Ibaruwa Mugesera yandikiye Urukiko yagarutse ku muhungu we wiswe “Rutemabatutsi”

admin by admin
May 12, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gusubukura urubanza urukiko rukuru ruburanishamo Ubushinjacyaha na Dr. Leon Mugesera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho; kuri uyu wa 12 Gicurasi Urukiko rwabanje gusoma imyanzuro ku ibaruwa uregwa yarwandikiye asaba ko imyitwarire y’Ubushinjacyaha yahinduka aho yagaragaje ko bukoresha ndetse bukanasobanura nabi bimwe mu byo aba yavuze cyangwa ibimwerekeyeho aho yanagarutse ku izina ry’umuhungu we bwise “Rutemabatutsi” kandi ngo yitwa Rutema.

1353449627Leo-Mugesera.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Dr. Leon Mugesera

Ubwo urubanza ruheruka hagaragayemo kutumvikana ku ijambo “Camisole” ryari ryakoreshejwe n’uregwa (Mugesera), aho Ubushinjacyaha bwari bwatangaje ko iri jambo risobanura kuba uregwa yavuze ko bwamwise “Imbwa”.

Nyuma yo kwaka umwanya ngo uregwa atange ubusobanuro buhagije kuri iri jambo nyamara Urukiko rukamusubiza ko atari ngombwa dore ko bwatangazaga ko arivuga yari yatanze ubusobanuro bwaryo ndetse ko narwo ubwarwo bubuzi, Mugesera yahisemo kwandikira urukiko agaragaza bimwe mu byo Ubushinjacyaha bwagiye bukoresha nabi cyangwa bukamuhimbira ubusobanuro bw’ibyo yatangaje.

Nk’uko byatangajwe n’Urukiko, iyi baruwa ikubiyemo bimwe mu bintu bitatu uregwa yagaraje ko bitamunyuze aho yagaragaje ko atishimiye ubusobanuro Ubushinjacyaha bwatanze ku ijambo “ Camisole” ndetse akanababazwa bikabije n’izina “Rutemabatutsi” Ubushinjacyaha bwigeze kwita umuhungu we w’Impfura ndetse n’igihe kidahagije ahabwa cyo kubaza ibibazo.

Kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe n’Ubushinjacyaha ku ijambo “Camisole” ari nayo ntandaro y’iyi baruwa, uregwa yatangarije urukiko ko ubu busobanuro Ubushinjacyaha bwatanze ntaho buhuriye n’ukuri kuri iri jambo.

Ku bijyanye n’izina, uregwa (Mugesera) yongeye kubitsindagira muri iyi nyandiko ko Ubushinjacyaha bwigeze gutangaza ko umwana we w’impfura witwa “Rutema”, yashakaga kumwita “Rutemabatutsi” ashaka kugaragaza urwango yangaga Abatutsi muri icyo gihe ngo ntaho byari bihuriye n’ukuri.

Bimwe mu bisobanuro yatangarije Urukiko ni uko izina “Rutema” ryiswe umwana we, yavuze ko ari izina ry’igisekuru ndetse akaba yaranigeze kurusaba kuzajya gukora ubushakashatsi kugira ngo rugire ibisobanuro bihagije.

Naho ku bijyanye n’igihe, nk’uko bikubiye muri iyi baruwa, yagaragaje ko mu mahame y’urubanza hatajya hashyirwaho igihe ntarengwa cyo kubaza ibibazo mu gihe ibibazo bye bifite agaciro, bijyanye n’urubanza ndetse bikaba bitananyuranyije n’amategeko.

Urukiko rwatangarije impande zombi ko ari rwo rufite ububasha bwo guhagarika no gukumira imvugo zitaboneye ndetse rwanzura ko nta mpamvu yo kugaruka kuri ibi byagaragajwe dore ko runafite ububasha buhabwa n’itegeko bwo kumenya uko rwitwara mu gufata imyanzuro ku biba byabereye mu rubanza.

Umutangabuhamya PMG yakomeje kubazwa

Urukiko rwahise rufata umwanya wo kubaza umutangabuhamya PMG kuri bimwe mu bisubizo yagiye aha impande zombi ariko rukaba rwifuza ko bijya mu mucyo ndetse akabitangaho n’ibisobanuro bihagije.

Urukiko rwabwiye Umutangabuhamya gusobanura birambuye ku bisobanuro yatanze kuri “Meeting” y’i Butare, ku itangwa ry’imbunda ryabaye mu myaka ya 1991 na 1992, ndetse n’iyicwa ry’Abatutsi ryabaye muri iyi myaka n’aho abihuriza n’ijambo ryavuzwe na Mugesera muri meeting y’i Kabaya yo kuwa 22 Ugushyingo 1992.

Umutangabuhamya (PMG), yatangaje ko muri meeting yabereye i Butare kimwe n’izindi zose yazitabiraga atwaye abarwanashyaka ba MRND dore ko yari umushoferi ndetse uwo yatwariraga imodoka nawe yari umurwanashyaka ndetse nawe ubwe.

Muri iyi “Meeting” y’i Butare yatangaje ko yahuriyeyo na Mugesera ariko agataha ntacyo avuze, naho mu zindi meeting, inyinshi ngo yazihuriragamo na Mugesera nk’iyo kuri stade Amahoro ndetse n’iyo ku Kabaya aho yanatangaje ko ijambo Mugesera yahavugiye ryaje kuba imbarutso y’urwango rukabije Abahutu bahise bagirira Abatutsi ndetse hakaza no kugira abicwa nyuma yaryo.

Urukiko rwahaye umwanya impande zombi kubaza umutangabuhamya ibibazo byaba bizamuwe n’ibyo rwari rumaze kubaza nyamara Ubushinjacyaha butangaza ko bwanyuzwe, naho urega we ahita atangira kumubaza.

Bimwe mu bibazo yagarutseho ibyinshi byagarukaga ku ho yagiye avuga izina “ Mugesera” akamusaba gusobanurira Urukiko niba ibyo amuvugaho yaba yarabonye n’amaso uwo muntu witwa Mugesera mu bikorwa yabaga yamuvuzeho. Undi nawe utashidikanyije kwemeza ko uwo Mugesera avuga ari we uri kuburana uyu munsi mu rukiko ku Kimihurura i Kigali

Muri uru rabanza PMG ni Umutangabuhamya wa 19 mu batangabuhamya 28 bagomba kuzashinja Dr. Leon Mugesera.

Urubanza rukazasubukurwa kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gicurasi humvwa undi mutangabuhamya mushya.

src/UMUSEKE.RW

Previous Post

Ambasaderi wa Togo muri Gabon yasanzwe yapfanye n’umukunzi we

Next Post

NIGERIA: Boko Haram imaze gushyira hanze Videwo igaragaza amashusho y’abana b’abakobwa bashimuswe!

Next Post

NIGERIA: Boko Haram imaze gushyira hanze Videwo igaragaza amashusho y’abana b’abakobwa bashimuswe!

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Intwarane za Yezu na Mariya zirakeka ko amagambo yavuzwe na mugenzi wazo mu cyongereza ariyo azihejeje mu buroko

7 years ago

VATICAN: Ni nde uza kumvirwa Isengesho?, amateka y’imbonekarimwe mu gikombe cy’Isi!!!

7 years ago

Perezida KAGAME yagize icyo avuga ku byavuzwe nyuma y’Ijambo yavugiye mu Karere ka Nyabihu

7 years ago

Inyeshyamba zo muri Ukraine zahanuye indege igwamo abasaga 49

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In