Friday, March 5, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Ishusho y’uburyo Umutekano w’u Rwanda uhagaze mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2014.

admin by admin
July 8, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyatanzwe na Minisitiri w’Umutekano Musa Fazil Harezimana ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Gasana Emmanuel, bagaragarije itangazamakuru ishusho rusange y’umutekano w’u Rwanda kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2014.

20140708_103910.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

IGP E. Gasana, Minisitiri Musa Fazil na PeaceMaker Mbungiramihigo; Umunyamanga Nshingwabikorwa wa Media High Council

Muri icyo kiganiro cyamaze amasaha agera kuri abiri n’igice, Minisitiri Musa Fazil yavuze ko umutekano w’u Rwanda muri aya mezi atandatu abanza wifashe neza, ugereranyije n’amezi atandatu yasoje umwaka wa 2013, aho avuga ko ibyaha byagabanutseho 5,7%. Muri aya mezi hagaragaye ibyaha 7,590 mu gihe mu mezi atandatu ya nyuma ya 2013 hari hagaragaye ibyaha 8,026. Ibyaha byagaragaye cyane n’Ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, ibiyobyabwenge, ubujurura n’ibyaha byo guhungabanya umudendezo w’igihugu.

Ibyaha bya Ruswa muri Polisi byaragabanutse.

Minisitiri Musa Fazil yavuze ko muri Polisi ibyaha bya ruswa byabaganutse bitewe n’ingamba zagiye zifatwa, akaba avuga ko muri uyu mwaka wa 2014 bamaze kubona ibibazo 9 bya ruswa mu ba polisi 9 , harimo barindwi bato n’abapolisi bakuru (0fficers) 2.

Abajijwe ingamba zakoreshwe zatumye ruswa igabanuka muri polisi, IGP Emmanuel Gasana yavuze ko byavuye mu ngamba zagiye zifatwa, harimo kuba barashyizeho umutwe wihariye muri Polisi ushinzwe kurwanya ruswa ukorera hose mu nzego polisi ihuriramo n’abaturage.

Ikibazo cy’abantu bafatwa bakaraswa

Umunyamakuru Prudent Nsengiyumva wa BBC abaza ku kibazo cy’abantu bamaze iminsi bafatwa nyuma bakaraswa na polisi, Minisitiri Fazil yavuze ko bikwiye gusobanuka neza ko biri mu nshingano za polisi ko mu gihe uwafashwe agerageje gucika inzego cyangwa kuzirwanya, hakoreshwa ingufu. Yavuze ko abarashwe barashwe bagerageza gucika Polisi.Naho IGP Gasana kuri iki kibazo yavuze ko ari inshingano za Polisi kurinda umutekano w’abaturage n’igihugu mu buryo bwose, ko ntawukwiye kurekwa akagenda gutyo cyangwa akarwanya inzego.

20140708_103940.jpg

Bamwe mu bitabiriye ikiganiro

Ikibazo cya FDLR

Ku kibazo cya FDLR n’abakorana na yo baba bari mu gihugu, Minisitiri Musa Fazil yavuze ko kuri Polisi y’u Rwanda imaze gufata abantu bagera kuri 44 bakorana na FDLR mu Turere twa Rubavu, Musanze, Rusizi na Nyabihu kandi ko bamaze kugezwa imbere y’ubutabera. Hafashwe imbunda 8 na za gerenade 21 hirya no hino mu gihugu.

Impanuka mu muhanda

Impanuka zaragabanutse aho muri aya mezi atandatu y’umwaka wa 2014 habonetse impanuka 1324 mu gihe mu mezi atandatu asoza umwaka wa 2013. Izi mpanuka zikaba zaraguyemo abantu 97 mu gihe amezi atandatu y’umwaka wa 2013 impanuka zaguyemo abantu 141. Bikaba byaravuye ku ngamba zakajijwe mu mutekano wo mu muhanda.

Ikibazo cy’inkongi zimaze iminsi mu gihugu

Minisitiri Musa Fazil yavuze ko inkongi zimaze iminsi ziba mu magereza ya Muhanga na Rubavu, yavuze ko iperereza rikiri gukorwa, cyane cyane kuri Gereza ya Rubavu kuko yo yari ikiri nshya, bakeka ko atari ibibazo byo kuba ishaje. Aha yavuze ko muri iyi nkongi yabaye ku munsi w’ejo hamaze gupfiramo abagororwa batanu hakomerekeramo abandi benshi ariko batandatu ari bo bakomeretse bikabije.

Ku kibazo cy’ubutabazi bukorwa ahabaye inkongi aho usanga ubutabazi bugorana kubera imodoka za kizimamwoto zibera I Kigali, Minisitiri Fazil asubiza umunyamakuru wa Makuruki.com yavuze ko Polisi igiye kugura imodoka nto zizimya umuriro , 11 bikaba biri mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, ariko na none ku bufatanye n’Uturere bakaba baramaze gutanga amafaranga yo kugura izindi modoka zizimya umuriro zigera kuri 6 ku ikubitiro.

Abapolisi bambaye Sivile bafata abantu.

Kuri iki kibazo asubiza umunyamakuru wa Radiyo Salus, IGP Emmanuel Gasana yavuze ko ku mpamvu zimwe na zimwe babyemerewe mu gihe biri mu nyungu z’akazi.

Ntaganda ntiyemerewe gukora politiki kandi nta budahangarwa afite.

Ku kibazo cy’imyitwarire ya Ntaganda Bernard nyuma y’uko asohotse muri Gereza aho bivugwa ko yaba ari mu bikorwa bisa nk’ibyo yafungiwe, Minisitiri Musa Fazil yavuze ko kuba Ntaganda yari afunze akongera agafungurwa nyuma yo kurangiza ibihano, bitamuha ubudahanganwa bwo kuba yakongera gufungwa. Gusa Minisitiri Fazil yavuze ko mu gihe cyose Ntaganda ibyo yakora yitwaje ko akora politiki byaba binyuranyije n’amategeko agenga imitwe ya politiki, kuko nta muntu wemerewe kuba mu nzego z’imitwe ya politiki mu gihe yakatiwe n’Inkiko igihano kirenze amezi atandatu. Mu gihe cyose rero atarahanagurwaho ubusembwa ntiyemerewe gukora nk’umunyaporitiki.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru kitabiriwe, n’abanyamakuru barenga 50 bakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda no mu mahanga. Kitabiriwe kandi n’abayobozi ba polisi n’abavugizi bayo, hari kandi n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’Itangazamakuru. Abanyamakuru bakaba bahawe umwanya urambuye wo kubaza ibibazo byose birebana n’umutekano na polisi.

info@makuruki.com

Previous Post

Ifaranga ryimuye Kanye West n’umugore we mu nzu, bakaba bagiye kuyishyira ku isoko

Next Post

Amagare :Umukinnyi w`umunyarwanda w’ikipe y’igihugu Bonavanture yerekeje mu gihugu cyu Bufaransa

Next Post

Amagare :Umukinnyi w`umunyarwanda w’ikipe y’igihugu Bonavanture yerekeje mu gihugu cyu Bufaransa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Burundi:Perezida Nkurunziza yahawe igihembo kitiriwe Prix Crans Montana

7 years ago

Bugesera: Batatu barimo n’umuzamu batawe muri yombi bakekwaho kwiba iduka

7 years ago

BRASIL: Ikipe y’Ubutaliyani itunguye ikipe y’Abongereza iyitsinda ibitego 2-1 mu mikino y’Igikombe cy’Isi

7 years ago

Imbere y’urukiko Perezida w’abafana ba RAYON SPORTS n’abo baregwa hamwe, bahakanye ibyaha byose baregwa! Hamis Cedric nawe uregwa muri uru rubanza nyititabye urukiko!

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In