Uruhare rwa serivisi mu musaruro mbumbe w’igihugu ruracyari ku isonga

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Raporo nshya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare yashyizwe ahagaragara yerekana ko urwego rwa serivisi rwihariye 46% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda.

Izindi nzego zirimo ubuhinzi bufite 25%, inganda zikagira uruhare ku ijanisha rya 23% mu gihe imisoro ifite uruhare rwa 7%.

Bimwe mu byazamuye urwego rwa serivisi mu musaruro mbumbe w’igihugu harimo ubwinshi bw’abashyitsi basuye u Rwanda baba abitabiriye inama zitandukanye zabereye mu Rwanda ndetse n’abakerarugendo basura u Rwanda.

- Advertisement -

Muri rusange umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutseho 9,7% mu gihembwe cya 1 cy’umwaka wa 2024, aho wageze kuri miliyari 4,486 Frw uvuye kuri miliyari 3,904 Frw wariho mu 2023.

Ubu bwiyongere bw’umusaruro mbumbe bwagizwemo uruhare n’umusaruro w’ubuhinzi wiyongereye ku ijanisha rya 7%, umusaruro ukomoka ku nganda wazamutseho 10% mu gihe serivisi zazamutse ho 11%.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
7:19 am, Oct 18, 2024
temperature icon 16°C
light rain
Humidity 100 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 82%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:39 am
Sunset Sunset: 5:49 pm

Inkuru Zikunzwe