Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home IBINDI

Inkoni yakubiswe afatiwe mu cyuho cyo gusambana zamuviriyemo urupfu!

admin by admin
June 10, 2014
in IBINDI
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Useguyimfura Celestin w’imyaka 48 y’amavuko yarakubiswe azizwa ko ngo yasambanyije umugore ufite ubumuga bwo mu mutwe, ajyanwa mu Kagari mu gihe ataragezwa kuri Polisi arahagwa, Gitifu w’ako kagari arabura.

couple-bed-feet_blac-130801.jpg

Related posts

Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

February 3, 2021

Aho ntiwajyaga usuzugura abarya avoka? Reba ibyiza 5 byo kurya urwo rubuto

October 15, 2016

Tariki ya 29 Gicurasi 2014, Useguyimfura yasanzwe mu rugo rubamo uwo mugore w’imyaka 58 y’amavuko, mu Kagari ka Kageyo, Umurenge wa Mukura, Akarere ka Rutsiro.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe, Manizabayo Louise ushinzwe iterambere mu kagari ka Kageyo, yavuze ko uyu mugabo yakubiswe asanzwe muri uru rugo, akubitwa na musaza w’uwo mugore bivugwa ko yasambanyijwe.

Nyuma yo gukubitwa, Useguyimfura yajyanywe ku biro by’Akagari arahafungirwa hategerejwe ko ajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi muri ako gace.

Mu gihe yafungwaga ngo yaratakaga cyane ariko bigakekwa ko yitakisha, ntiyajyanwa kwa muganga, hajyanwayo uwo mugore ku kigo nderabuzima kiri muri kirometero imwe uvuye kuri ako kagari ka Kageyo.

Manizabayo yagize ati “Umunyamabanga Nshingwabikorwa yamukuyeho abamukubitaga, aba ategereje ko yashyikirizwa Polisi, nyuma yaje gupfa, ntabwo yongeye kugaragara.”

Muganga yemeje ko Useguyimfura yishwe n’inkoni

Ubwo Useguyimfura yafatwaga ngo yatangiye gukubitwa cyane mu gihe yari afatiwe mu cyuho asambanya uwo mugore.

Musaza w’uwo mugore ,Nizeyimana Innocent ngo yatangiye kumukubita afatanyije n’abandi bantu batavuzwe. Izi nkoni yakubiswe mu ma saa kumi n’ebyiri za nimugoraba ngo zaje kumurembya maze ahagana saa yine z’ijoro arapfa.

Isuzuma rya muganga ryemeje ko yaviriyemo imbere mu mutwe n’impyiko zagize ikibazo.

Guhera tariki ya 30 Gicurasi, Habimana Filemon , Gitifu wa Kageyo na Nizeyimana Innocent, musaza w’uwasambanyijwe bahise babura, bivugwa ko bahunze.

Kugeza ubu, abantu batanu bo mu mudugudu wabereyemo ubu busambanyi n’urupfu rwa Useguyimfura barafunze. Barimo ushinzwe umutekano muri uyu mudugudu n’abandi bane bari baraye irondo nk’uko byavuzwe n’abaturanyi babo.

Ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara y’ I Burengerazuba bwatangarije ikinyamakuru Igihe ko abakekwaho kugira uruhare mu ikubitwa rya Useguyimfura bakurikiranwe, bakaba barakorewe dosiye zarangije gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Igihe.com

Previous Post

Uruhinja rwatashye ubukwe bw’ababyeyi ruziritse ku ikanzu ya nyina!

Next Post

IRAK: Intagondwa zigabije bikomeye Umujyi wa Mosul

Next Post

IRAK: Intagondwa zigabije bikomeye Umujyi wa Mosul

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

COUP D’ETAT: Igisirikare cya Thailland cyahiritse Ubutegetsi bwa gisivili

7 years ago

Sinicuza igifungo cy’ imyaka ine kandi nzakomeza gukora itangazamakuru rinenga Leta – Uwimana Agnes

7 years ago

Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho ry’isosiyete nshya izakurikirana iyubaka ry’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

7 years ago

Dore bimwe mu byaranze iyi weekend dusoje mu mikino itandukanye

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In