Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home IBINDI

Ku manywa y’ihangu Abamotari bakomeje guhohoterwa n’abiyita ko babacungurira Umutekano!

admin by admin
May 13, 2014
in IBINDI
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Abamotari bakorera i Nyamirambo barasaba ubuvugizi bitewe n’ ukuntu ababashinzwe bazwi ku izina rya sekirite birirwa babakubita iz’ akabwana bitwaje icyo bashinzwe ibyo bikaba bibicira akazi kabo ka buri munsi.

Hari mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Gicurasi 2014, ubwo abamotari benshi bazindukiraga ku biro bya Polisi i Nyamirambo baje gutanga ibirego byabo by’ ukuntu birirwa bakubitwa bakanakomeretswa.

Related posts

Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

February 3, 2021

Aho ntiwajyaga usuzugura abarya avoka? Reba ibyiza 5 byo kurya urwo rubuto

October 15, 2016

motar1-2.jpg

Abo ni abasekirite bari baviriye inda imwe ku mu motari

Ubwo Imirasire.com twanyarukiraga i Nyamirambo aho abo bamotari bari bazindukiye, umwe mu bamotari utashatse gutangaza amazina ye, yagize ati: “Abamotari b’ i Nyamirambo nta mutekano dufite, turi gukibitwa n’ abasekirite, turi gukubitwa na Perezida wa zone ya Nyamirambo niwe ubaduteza bakadukubita….”

Aba bamotari bavugaga ko babarizwa muri Koperative yitwa “Kora ndebe motar” ihagarariwe na Nyamucahakomeye Eldaphonse, bakaba badutangarije ko iki ari kimwe mu bikomeje kubaca intege mu murimo wabo.

motar.jpg

Abamotari bari bazindukiye kuri polisi

Undi nawe yagize ati: “Aba basekirite bitwa ko badushinzwe, iyo umurebye mu maso, uba ubona atari umuntu ukwiriye gukora sekirite kuko iyo akugezeho uba ubona yanyweye urumogi, runamunukaho ndetse yananyweye n’ inzoga yasinze”.

Hari mu masaha ya saa yine ariko mu ngero aba bamotari bagiye batanga, ni uko muri ayo masaha abo basekiriti baba batangiye kunywa inzoga, nyuma bakaza kubiraramo ubudehe babafata nta mpuhwe bafite.

Aba bamotari bakomeje bavuga ko bagerageje gushyikiriza inzego za Polisi, RCA, akarere n’ umurenge ikirego cyabo ariko kugeza ubu ngo baracyakubitwa amanywa n’ ijoro.

Rulinda Felix ushinzwe umutekano w’ abamotari mu gihugu, ubwo twamusangaga aho kuri polisi, yadutangarije ko iki kibazo bakigejejweho ariko bakaba bari mu nzira yo kugikemura.

Rulinda Felix

Yagize ati: “ iki kibazo twarakimenyeshejwe, uretse ko kitanatinze cyane, ibisabwa kugirango gikemuke harimo guhagarika iyo sekirite”.

Yakomeje avuga ko bari baje kuri polisi bazanye abakomeretse bose ngo batange ikirego cyabo barangiza bakajya kuri koperative guhagarika abo basekirite bose bakoze ibyo bikorwa byo gukubita abamotari.

Ariko hagati aho hakaba hagiye gukorwa iperereza ryimbitse ngo hamenywe neza ikibazo kiri hagati aho mu basekiriti n’ abamotari.

Inkuru dukesha Imirasire

Previous Post

NIGERIA: Boko Haram imaze gushyira hanze Videwo igaragaza amashusho y’abana b’abakobwa bashimuswe!

Next Post

Stade izakira umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi 2014, ntiruzura neza, mu gihe hasigaye iminsi 28

Next Post

Stade izakira umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi 2014, ntiruzura neza, mu gihe hasigaye iminsi 28

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Minisitiri james Musoni avuga ko ntawushobora gutera u Rwanda ngo afate ubutegetsi

7 years ago

“Nta muntu ukwiye kurenza iminsi 5 mu maboko ya Polisi atarashyikirizwa ubushinjacyaha”! Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu

7 years ago

Umusivili JMV Ngabonziza ureganwa na Lt Mutabazi ahakana ko atashakiye FDLR abarwanyi

7 years ago

Uruhinja rwatashye ubukwe bw’ababyeyi ruziritse ku ikanzu ya nyina!

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In