Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Imikino

KIYOVU SPORTS yaba yarahawe inkunga igenerwa n’Akarere ka NYARUGENGE, Shampiyona yararangiye, ari yo ntandaro yo kutitwara neza!

admin by admin
June 12, 2014
in Imikino
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

10472214_500205930124878_1784253047_n.jpg

Ikipe ya Kiyovu Sport ni imwe mu makipe y’ubukombe mu Rwanda amaze imyaka irenga 50 muri Shampiyona y’u Rwanda, ariko kugeza n’uyu munsi akaba ari imwe mu makipe atarabasha gutwara igikombe cya Shampiyona cyangwa igikombe cy’Amahoro, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi yo muri Mata 1994.

Related posts

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

February 3, 2021

Kutitwara neza kw’iyi kipe muri iyi myaka 20 ishize byagiye bituruka ku miyoborere y’iyi kipe ndetse n’ikibazo cy’amakoro. Nyamara ariko umwaka ushize benshi bizeraga ko iyi kipe yaba igiye gukomera no kuba yaza mu makipe aharanira ibikombe nyuma yaho yari imaze kubonera ubuyobozi buhamye no kubona umuterankunga ari wo Akarere ka Nyarugenge kemeye kujya kabaha amafranga angana na Miliyoni 5 buri kwezi.

Nyamara iyi kipe nubwo yarangije Shampiyona iri ku mwanya wa 5 n’amanota 41 irushwa n’ikipe ya mbere amanota 21, ntiyabashije kwemeza abakunzi bayo dore yagiye kurangiza Shampiyona ari nta nkuru ibibazo ari urusobe cyane cyane iby’amikoro na ruswa yagiye ivugwa mu bakinnyi b’iyi kipe.

Byatumye tuganira n’Umuvugizi w’iyi kipe Bwana Byumvuhore Mudi, byose bishingira ku mikoro atabonekera igihe. Aduha ingero ebyiri ati” nk’ubu imishahara y’abakinnyi yi y’amezi 8 twayishyuwe Shampiyona yararangiye,( ayo bahabwa n’Akarere ka Nyarugenge), ibirarane by’ingendo , Bralirwa idufitiye ibirarane bahabwa na BRALIRWA, ubu badufitiye ibirarane bingana na 1,350,000. Ati “..niba ayo mafaranga bayaduha Shampiyona yararangiye aba aje gukora iki ayo mafaranga?, urumva ko ari ibibazo, twakabaye dutegura tukagendana n’igihe, abakinnyi nabo baba bananiwe natwe tukirya tukimara bikanga.., igituma Shampiyona igenda nabi n’icyo ngicyo” Umunyamabanga wa Kiyovu asubiza umunyamakuru wacu.

Tumubajije niba amafaranga bahabwa n’Akarere ka Nyarugenge ari yo yonyine bashingiraho mu igenamigambi ry’amafaranga rya buri kwezi, Umunyamabanga wa Kiyovu yatubwiye ko ubusanzwe imishara n’ibigenda kuri ikipe buri kwezi bingana na Miliyoni 7, muri yo Akarere kakaba gatangam Miliyoni 5, bityo na Komite n’abafana bakishakamo miliyoni ebyiri zisigaye.

Ibi bikaba bikomeje kuba ikibazo ku makipe afashwa n’Uterere tumwe na tumwe, aho usanga inkunga zigenerwa Amakipe zifasha azigeraho akererewe bityo bigatuma hahora ibibazo mu Kipe byo kudahemba abakinnyi n’ibindi.

Nyamara ariko uyu muco wo gutanga inkunga ntizigere ku makipe ku gihe uwusanga mu Turere tumwe na tumwe nka Muhanga ifasha AS Muhanga, Akarere ka Nyanza naho byigeze kuvugwamo gafasha Rayon Sports ndetse n’Akarere ka Rusizi gafasha ikipe ya Espoir.

Nubwo iyo ubajije muri utu Turere bakubwira ko ikibazo cyiba ingengo y’imari, byatuma wibaza impamvu amakipe nka Gicumbi FC, Musanze FC, Mukura ifashwa n’Akarere ka Huye, wakwibaza impamvu ibi bibazo bitajya bibonekamo kandi ingengo y’imari y’Uterere itangirwa rimwe.

Previous Post

Ni nde ufite ukuri hagati ya BRALIRWA na FERWAFA mu kuba APR yarishyuwe mu gihe RAYON SPORTS imaze ukwezi mu gihirahiro!?

Next Post

POLICE FC na APR FC zateye intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro!

Next Post

POLICE FC na APR FC zateye intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro!

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Kenya: Joseph ole Lenku arasaba abantu bakora politike kutagira akazi bashingwa mu nsengero

7 years ago

Ingabo za Amisom zafashe bimwe mu ibirindiro bikomeye bya Al Shabab

7 years ago

“Nkuko mu kibuga tuba dushyize hamwe, dutsinda mu izamu rimwe, ibyo nibyo bigomba kuturanga mu kazi dukora” Mayor Fidele NDAYISABA

7 years ago

UBUSHINWA:Umugabo afungiye gushyira umukobwa w’incuti ye mu gikapu kubera gushaka kumucika

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In