Uwahoze ari Perezida wa Centrafurika Michel Djotodia akaza kuva ku butegetsi kubera igitutu cy’amahanga, nyuma y’uko yari yabugiyeho ahiritse Francois Bozize , noneho byatangajwe ko yagizwe nanone umukuru w’abarwanyi bo mu mutwe wa Seleka.
Michel Djotodia mu nama n’abanyamakuru ubwo yari agifata ubutegetsi
Kuri uyu wa gatandatu , Djotodia wari wafashe ubutegetsi abifashijwemo na Seleka yongeye gutangazwa nk’umukuru wa SELEKA nk’uko AFP yabitangaje.Djotodia kimwe n’uwo yahiritse ku butegetsi Francois Bozize ndetse na bamwe mu barwanyi ba SELEKA bafatiwe ibihano n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Amerika kubera ibyaha byakozwe n’abo bari bayobowe byo kwica no gufata ku ngufu.
Umutwe wa Seleka nanubu ukiri mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi wirukanywe mu mujyi wa Bangui n’ingabo za bimwe mu bihugu bya Afurika zifatanyije n’iz’Ubufaransa muri Mutarama uyu mwaka.
Igihugu cya Centrafurika gituwe n’abaturage muliyono 4.5 kimaze igihe kiganjemo imirwano hagati y’intagondwa z’abayisilamu SELEKA ndetse n’iz’abakiristu Anti Balaka , aho abantu benshi bamaze kuhasiga ubuzima abandi bakaba baravuye mu byabo.