Monday, March 8, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Imyidagaduro

Icyo Miss A. COLOMBE na KING JAMES bavuga ku Ifoto basomana ku itama, yakuwe ku byapa bya Airtel!

admin by admin
May 19, 2014
in Imyidagaduro
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi ishize ubwo Airtel yashyiraga hanze ibyapa byamamaza ibikorwa by’isosiyeti y’Itumanaho Airtel, aho bamamazaga produit yabo y’uko igihe uguze amanite ukubirwa kabiri. ibi byapa bikaba bitaramazeho iminsi, byahise bikurwaho bitewe n’ifoto yagaragaraho

10154042_467206236746779_6780793040825260438_n.jpg

Related posts

Umuhanzi Jean Luc mu muvuduko udasanzwe

Umuhanzi Jean Luc mu muvuduko udasanzwe

February 3, 2021

Umuhanzi wa Gospel Nizeyimana Emile agiye gushyira ahagaragara Album ye ya 6 y’amajwi

August 4, 2014

Dore ngiyi ifoto yavuzweho byinshi

Kuri ibyo byapa hagaragaraho ifoto ya ba Nyampinga Akiwacu Colombe na Mutesi Aurore basoma ku itama King James. Ibi byaba bikaba bitaramazeho kabiri dore ko byahise bimanurwa huti huti, bivugwa ko basanze binyuranye n’umuco nyarwanda.

MakuruKi.Com yegereye ba nyir’ubwite bari kuri iyi foto, kugira ngo tubabaze uko babyakiriye, ndetse niba babona koko byaba binyuranye n’umuco nyarwanda.

KING JAMES “umuntu wese ntakwiye kujya atekereza ikintu ngo nabona ko atakishimiye ahite avuga ko bitajyanye n’umuco”

images_2_.jpg

King James

Mu kiganiro cy’iminota 5, twagiranye n’Umuhanzi King James, twamubajije we uko yakiriye ikurwaho ry’ibi byapa. Maze asubiza mu magambo ye ati “..Uko nabyakiriye ni kuriya nta kundi byagenda, ntago bansobanuriye cyane impamvu yabiteye, bambwiye ari uko Umujyi wa Kigali utari wayishimiye nta bindi birebire mbiziho.”

Tumubajije niba ku giti cye niba yumva koko ibivugwa ko ariya foto agaragaraho we na Miss Colombe na Miss Aurore bamusoma ku itama, yemeranya n’ibivugwa ko byaba binyuranyije n’umuco, King James yadusubije ko atari ko abibona “ jye ku giti cyanjye si ko mbibona, kuko iyo mba nzi ko bitajyanye n’umuco sinari kubikora, ariko njye njye ku giti cyanjye numvaga ntacyo bitwaye, numvaga nta mahano yari abaye, ni ibisanzwe ko abantu basomana ku itama, ni ko abantu basuhuzanya ubu ngubu, sinzi aho byari guhurira n’umuco, bibaye atari umuco si uku abantu bari kuba basuhuzanya no mu buzima busanzwe”

Tumubajije niba barabanje kubabaza cyangwa kubagisha inama mbere y’uko babimanura, King yavuze ko nta nama bigeze babagisha.

Umuhanzi King James nubwo avuga ko ntacyo anenga cyane kuri ibi byabaye, ariko hari ibyo asanga bikwiye kujya byitabwaho mbere yo gukora ibintu nkabiriya “ ku giti cyanjye ni uko bakwiye kujya babona niba ari na Company iri gukora publicite hari ibyo bakwiye kujya bareba ko hari ibyo iyo company iba yatakaje kugira ngo bayikore, biriya ni ibintu bisanzwe, kandi umuntu wese ntakwiye kujya atekereza ikintu ngo nabona ko atakishimiye ahite avuga ko bitajyanye n’umuco”

MISS AKIWACU Colombe “..nanjye nkunda umuco wanjye, ntago nari gukora ibintu niyumvisha ko hari ikibazo bifitanye n’umuco”

Colombe-Akiwacu-5.jpg

Miss 2014, AKIWACU Colombe

Naho kuri Nyampiga w’u Rwanda wa 2014 AKIWACU Colombe, tumubajije uko yaba yarabyakiriye yadusubije “navuga ko kuba barakimanuye bavuga ko hari impamvu, njye numva ntacyo nabirenzaho, ariko ntago nari gukora ibintu numva hari ikibazo kibirimo”

Ku kibazo cy’uko bivugwa ko cyaba cyaramanuwe bitewe n’uko iriya foto yaba inyuranyije n’umuco nyarwanda Miss Colombe we si ko abibona, “Kubera ko nanjye nkunda umuco wanjye, ntago nari gukora ibintu niyumvisha ko hari ikibazo bishobora bifitanye n’umuco”

Twashatse kumenya niba Airtel ishobora gusimbuza iriya publicite iyindi maze bakongera kuba bakwifashisha Miss Colombe na bagenzi be, Nyampinga Colombe yadusubije ko nib nta gihindutse ariko biteganyijwe.

1365117242Kayibanda-2.jpg

Miss 2012: Aurore MUTESI

Twagerageje kuvugisha uwa gatatu ugaragara kuri iki cyapa ari Miss Rwanda 2012, Aurore MUTESI Kayibanda, ariko telephone ye igendanwa ntiyashobora kuboneka.

Tubibutse ko ibi byapa byamanuwe nta minsi biramara bimanitswe, byavuzwe ko inzego zimwe z’ubuyobozi zitishimiye ifoto igaragaraho aho ba Nyampinga Colombe na Aurore basomaga ku itama umuhanzi King James.

Icyumvikana neza kandi gihurizwaho naba bose twaganiriye ni uko ibivugwa ko iriya foto inyuranye n’umuco nyarwanda, bo atari ko babibona, ko gusomana ku itama nta ho babona bibangamiye umuco! Wowe se ubibona ute!?

Editorial

Previous Post

“Abantu bakwiye kuva mu butesi bwo kugereranya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ urupfu rwa Yesu” Tom Ndahiro

Next Post

Umutoza mushya muri Manchester United

Next Post

Umutoza mushya muri Manchester United

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Polisi y’u Rwanda yaguze imodoka nshya ishinzwe gutabara abahuye n’ibiza.

7 years ago

Papa Francis yatangaje amategeko 10 yo kubaho wishimye harimo n’iryo gufunga televiziyo ugiye kurya

7 years ago

Kenya: Imiryango irenga 30000 yugarijwe n’ikibazo cy’inzara.

7 years ago

Polisi iri kugerageza kuzimya uruganda rwafashwe n’ inkongi ariko ruracyari gushya!

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In