Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home IYOBOKAMANA

Ni akahe kamaro ko kwiyiriza ubusa ku mukirisitu usenga?

admin by admin
May 17, 2015
in IYOBOKAMANA
0
0
SHARES
15
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Kwiyiriza ubusa kuvugwa hano, ni igihe umuntu (umukiristu) afata icyemezo cyo gukora amasengesho cyangwa se gusenga Imana ariko akima umubiri we icyo kurya n’ibindi biwunezeza mu gihe runaka yagennye kubwo kugaragariza Imana ko yitanze.

prayers.jpg

Related posts

IJAMBO RY’IMANA: Kwizera ni kwo kudutsindishiriza!

March 8, 2015

IJAMBO RY’IMANA: Uko ukwiye gutandukanya ijwi ry’Imana n’Iyerekwa nyaryo n’amarangamutima yacu asanzwe!

March 1, 2015

Kwiyiriza ubusa Yesu yabivuzeho abwira abigishwa be ubwo bari bananiwe gukiza umwana wari urwaye igicuri agitewe n’abadayimoni, nibwo Yesu yabasobanuriye igikenewe kugira ngo bakore nk’ibyo akora.

Yesu yinjiye mu nzu abigishwa be babonye ko biherereye bamubaza icyatumye bo badashobora kwirukana Dayimoni yari muri uriya mwana, maze Yesu arabasubiza ati “Bene uwo ntavanwamo n’ikindi keretse gusenga no kwiyiriza ubusa” Mariko 9.28-29.

Gusenga wiyirije ubusa si ugufata icyemezo cyo kureka kurya gusa cyangwa ukundi kwibabaza, kuko ushobora kureka amafunguro yawe ariko hari ibyo ugikomeje kwimika mu mutima wawe bitanezeza Imana. Ayo masengesho akubera imfabusa. Gusenga ni ukwiyeza ku gato no ku kanini kuko umutima wawe niwo uba uzi byinshi kuri wowe kurusha mugenzi wawe. Hanyuma yo kwihana nibwo igitambo cyawe cyumvikana neza imbere y’isumba byose. Hari imbaraga zidasanzwe umukiristu abonera mu gusenga yibabaje akiyiriza ubusa.

ManPraying.jpg

Bibiliya itubwira inkuru z’Abisiraheli uko bagendanye n’Uwiteka igihe kiza kugera kubera ibyaha byabo no gukiranirwa kwabo, inkingi y’igicu irahagarara n’iyumuriro yabayoboraga nijoro irahagarara kuko Uwiteka yari yafashe umwanzuro wo kubareka kugeza ubwo bagarura imitima yabo bakihana ikabona gukomezanya nabo. Byatumye Abisiraheli bose bafata umwanzuro wo guhagarika kurya no kunywa biyiriza ubusa basenga Uwiteka baratabaza baringinga, baratakamba bemera kwihana, bahindukirira Uwiteka, nawe kuko ari umunyembabazi abonye guca bugufi kwabo abona gukomezanya nabo urugendo.

Ab’i Ninewe batumwaho Umuhanuzi Yona ko bagiye kurimburwa n’ Uwiteka bazize ibyaha byabo, ab ’i Ninewe bafananije n’umwami wabo bafashe umwanzuro wo kwibabaza bamamaza itegeko ry’uko bahagarika kurya no kunywa bakiyiriza ubusa bose bakambara ibigunira ndetse amatungo n’amashyo n’imikumbi bihagarika kurisha no kunywa amazi kugira ngo Uwiteka abagarukire ye kubarimbura, maze Uwiteka abonye imirimo yabo no kwibabaza bakemera kumuhindukirira areka ibyago yari yabageneye ntiyabibateza Yona 3.5-10.

Mu byukuri rero gusenga wiyirije ubusa hari ibintu byinshi bikoreka kubwabyo, hari ibihome bikomeye binyeganyega mu bwami bw’umwijima, iyo abana b’Imana basenze biyirije ubusa hari imigambi mibi ya Satani iburizwamo. Kwiyiriza ubusa mu yandi magambo bivuga kwanga umubiri wawe cyangwa se kwirengagiza ibinezeza umubiri ahubwo ugashyira imbere ubugingo bwawe.

Twebwe abizera biratugora kenshi kwiyiriza ubusa ari naho Satani adutegera wabigambirira akabikwibagiza, hari nubwo wumva kutarya uwo munsi utaza kubibasha rimwe na rimwe waba wagambiriye gusenga wiyirije ubusa kuri uwo munsi ukumva inzara ikomeye utigeze

wumva mu yindi minsi. Ibi byose nta kindi kibitera ni wa mwanzi wacu Satani kuko azi neza imbaraga umukiristu ahakura iyo yasenze yiyirije ubusa, azi ibihome bisenyuka n’imigambi mibisha iburizwamo mu bwami bwe. Ntukemere kubaho mu buzima bwawe bwa Gikiristu udafata byibuze n’umunsi umwe ngo wiyirize ubusa usenge Imana, nta na rimwe uzemera gutanga umubiri wawe ho igitambo uwubabaza kubwo gushaka Imana ngo ibure kukwiyereka no kukumvira. Ni Imana idukunda kandi yumva gusenga.

Umuririmbyi, umu-pasiteri, umuvuga-butumwa, mukozi w’Imana mu buryo ubwari bwo bwose, Gusenga wiyirije ubusa bifite akamaro gakomeye kuri wowe, mukiristu nta handi uzakura imbaraga zo gukomera mu gakiza no guhangana n’imyuka mibi y’abadayimoni atari mu gusenga. Ukwo kwitanga no kwemera kwibabaza ukareka ibinezeza umubiri wawe kubwo gushaka Imana niho azakura imbaraga zo gukomera mu murimo ukora, niho umukiristu akura imbaraga zo kunesha icyaha cyakunaniye kureka, niho ugirira ubusabane budasanzwe n’Imana.

Hari icyifuzo, ikibazo, igitekerezo cyangwa inyunganizi wifuza kutugezaho twandikire kuri Email yacu ariyo truecalling10@gmail.com.

Ubuntu bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane namwe.

TRUE CALLING Ministries International

Previous Post

Dore ikizakubwira ko washimishije umugore akagera ku ndunduro y’ ibyishimo bye mu gihe cy’ imibonano mpuzabitsina!

Next Post

Amwe mu makipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda yazimye burundu nyamara yarigeze kubica bigacika! (IGICE CYA I)

Next Post
Amwe mu makipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda yazimye burundu  nyamara yarigeze kubica bigacika! (IGICE CYA I)

Amwe mu makipe y'umupira w'amaguru mu Rwanda yazimye burundu nyamara yarigeze kubica bigacika! (IGICE CYA I)

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Dore uburyo bwiza bwo gushimisha umukobwa w’ inshuti yawe!

6 years ago

Kuburirwa irengero bimaze gufata indi ntera mu Rwanda, Ministeri y’Umutekano ihangayikishijwe n’iki kibazo!

7 years ago

Obama arashaka amadolari miliyoni 500 ngo hatozwe inyeshyamba zo muri Siriya

7 years ago

Airtel yazanye agashya ku bakiriya bayo yise “IGITEGO Promotion”

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In