Saturday, February 27, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home MU MAHANGA

Perezida Obama yanenze bikomeye umuco w’abanyakenya wo gushaka abagore benshi

admin by admin
July 31, 2014
in MU MAHANGA
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yagiranye n’urubyiruko ruvuye muri Afurika ku mahugurwa ku miyoborere,Perezida Obama wa Leta Zunze Ubumwe zaerika yababwiye ko adashyigikiye umuco w’abanyakenya cyane abo mu gace ka Waluo akomokamo wo gushaka abagore benshi, ngo kuri we uwo ni umuco utakijyanye n’igihe.

obamma.jpg

Related posts

Thambwe Mwamba

DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

February 3, 2021
Ubushimwa bwatambamiye umwanzuro w’akanama gashinzwe umutekano ku isi

Ubushimwa bwatambamiye umwanzuro w’akanama gashinzwe umutekano ku isi

February 3, 2021

Perezida Barrack Obama wa Amerika

Obama yabwiye urwo rubyiruko ko ubusanzwe ubwoko bw’aba Waluo ari nabwo se wa Obama akomokamo, ngo kera bari bafite umuco wo gushaka abagore benshi kubera bari bafite ibyo kubaha.Obama akaba avuga ko yumva bitakigezweho kuri ubu kuko ubuzima bwahindutse.

Obama yagize ati: “Urugero hariya Kenya, mu bwoko bw’aba Waluo bari bafite umuco wo gushaka abagore benshi.Impamvu ni uko bari bafite ubutaka buhagije, kubw’ibyo nta kibazo bari bafite cyababuza gushaka abagore benshi.”

Obama akaba yaravuze ko ushatse gukomeza imwe mu mico kera kandi ubuzima bwarahindutse ngo yumva ntacyo byakugezaho.Ngo ubu abagabo basigaye babeshwaho no kugenda bimuka bajya mu mijyi kandi ubuzima bwaho bukaba buhenze.

Akaba yarasezeranyije kandi urwo rubyiruko ko umwaka utaha bazafungura ikigo gishinzwe imiyoborere mu mujyi wa Nairobi.Ikindi kandi ngo bagiye gushora imari muri Afurika y’iburasirazuba.

Abajijwe ku cyifuzo cyo gusonera ibihugu bya Afurika imyenda, Obama yavuze ko gusonera imyenda umugabane wa Afurika abona atari byo byakura Afurika mu bukene.Obama kandi yongeye kugaruka ku kibazo cyo guha abagore agaciro, aho yemeje ko nta gihugu gishobora gutera imbere abagore bagikandamijwe.

Iyo nama yari yitabiriwe n’urubyiruko rugera kuri 500 ruturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Ferdinand M.

Previous Post

Uganda: Museveni arishyuzwa amafaranga y’indirimbo yamufashije kujya ku butegetsi muri mu 2006

Next Post

Guinea: Abantu 33 basize ubuzima mu mubyigano ubwo basozaga igifungo cya Ramadhan.

Next Post

Guinea: Abantu 33 basize ubuzima mu mubyigano ubwo basozaga igifungo cya Ramadhan.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Bresil:Udukingirizo twaciye ibintu mu gikombe cy’isi

7 years ago

Inzu ya Laboratoire ya KIST yaba igiye guhirima, itamaze kabiri!

7 years ago

Nouvelle Mexique:Umushoferi yararashwe nyuma yo gusambana ari mu kazi

7 years ago

EPEMR yakoze inama y’ubutegetsi ku nshuro yayo ya mbere.

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In