Sunday, March 7, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home OPINIONS

04 /07/1994- 04 /07/2014:Ni ikihe gisobanuro cyo kwibora kuri buri munyarwanda uyu munsi aho ari hose?

admin by admin
July 3, 2014
in OPINIONS
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu myaka 20 ishize, itariki nk’iyi nta muntu watekerezaga ko uyu munsi u Rwanda rwaba rufite aho rugeze uyu munsi. Ku itariki 04 Nyakanga 1994, igihugu cyari cyarasenyutse, igihugu cyuzuye imirambo, amazu yarasenyutse benshi barahuze, icuraburindi n’umwijima hose mu gihugu, inkomere, ishavu n’agahinda ku bari bari basigaye mu gihugu barokotse amahano ya Jenoside.

kwibohora201-300x300.jpg

Related posts

Dusubize amaso inyuma! Tariki 19/07/2014, imyaka 20 irashize Guverinoma y’Ubumwe igiyeho! Isize iki?

July 19, 2014

Perezida Kagame “…ni yo mpamvu Umunyagihugu wihaye gusumba igihugu bitamuhira”(Update)

July 6, 2014

Muri iki gice cya mbere tugiye gusubiza amaso inyuma aho u Rwanda rugeze mu kubaka umunyarwanda no kubanisha abanyarwanda

Mu mwaka w’1996, Leta yashyizeho gahunda yo kubakira imidugudu abari barasenyewe binyunze muri Minisiteri yari yihariye yo gucyura impunzi no gusana ibyangijwe n’Intambara. Nyuma yaho Leta yanashyizeho uburyo bwo gufasha abacitse ku icumu batishoboye ibinyujije mu kigega cya Leta gishinzwe mu gafasha abacitse ku Icumu rya Jenoside batishoboye (FARG). Ku buryo kuri ubu nta mwana wacitse ku icumu wigeze avutswa amahirwe yo kwiga cyangwa kuvuzwa n’ubundi bufasha bw’ibanze ku ncike n’abatishoboye.

Imyaka 20: Icyizere cyo kubaho ku banyarwanda.

Byari bigoye kwemeza ko umunyarwanda ashobora kongera kuba umuntu wishimye useka, utekereza kandi ureba imbere. Abari bararokotse bamwe bari incike, imfumbyi n’abapfakazi byari bigoye ko bakongera gutekereza no kugira ibyiringiro byo kubaho. Leta muri gahunda zayo nyinshi yashoboye kubegera kubahumuriz, uyu munsi umunyarwanda warokotse yariyubatse kandi arareba imbere.

Abari baraheze mu mahanga batashye mu gihugu cyasenyutse.

Umunezero w’abari barahejejwe ishyanga n’amateka mabi, bari barahungiye mu bihugu hirya no hino ku isi, nyuma yo kumva ko u Rwanda rwabohowe batashye bazi ko basanze igihugu, bazi ko basanze bene wabo, basanga barashiriye ku icumu. Ibyishimo bya benshi byabaye amarira, dore ko benshi basanze amatongo ari yo yabakiriye n’imirambo y’abavandimwe ababyeyi n’inshuti. Byari agahinda ku basore n’inkumi bari baratabaye bazi ko bagiye kurengera igihugu bamara gutsinda urugamba bagasanga ab’iwabo barashize.

Muri iyi myaka 20 uyu munyarwanda yagiye yiyubaka, Leta yagerageje kubanisha no gufata mu mugogo buri umwe wese, bitabujije ko abanyarwanda bibuka ayo mateka mabi ariko bibuka bareba ejo hazaza heza nk’abanyarwanda.

Ubutabera no kubohora imitima y’aboretse igihugu

Abagororwa-nImfungwa-ba-gereza-ya-Muhanga-bitabiriye-ibiganiro-byumunsi-wintwari-_1.jpg

Jenoside ikirangira hafi ibihumbi 125 by’abanyarwanda babarizwaga mu magereza bashinjwa uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe abatutsi. Ibikomere by’abayirokotse byari bikiri bibisi, umujinya n’agahinda byari byose. Mu mategeko y’u Rwanda nta tegeko ryahanaga icyaha cya Jenoside, ariko harimo n’igihano cy’urupfu m mategeko y’u Rwanda. Leta y’Ubumwe yagerageje guha ubutabera no kwihutisha amategeko kugira abagize uruhare muri Jenoside bose babiryozwe.

Nyuma ariko hagiye habaho gutanga amahirwe kubemeye icyaha bagasohorwa n’itangazo rya Perezida wa Repuburika, nyuma ndetse hashyirwaho n’inkiko Gacaca zari zigamije kunga no kubanisha abanyarwanda, ariko bishingiye ku kuvugisha ukuri.

Gucyura impunzi zirenga Miliyoni eshatu

rwanda-1994-2_wide-c81cfdb9f5fc2cc288486aab1d8e0fec4386814f-s6-c30.jpg

Nyuma y’aho FPR ifatiye igihugu impunzi nyinshi cyane cyane zo mu bwoko bw’abahutu bahunze igihugu berekeza mu bihugu bikikije u Rwanda cyane cyane mu cyari Zaire. Imbaraga n’ubushake bwa Leta y’u Rwanda, bwatumye impunzi zisaga Miliyoni 3 zitahurwa mu gihugu mu mwaka wa 1996. Dore ko inyinshi zari zarafashwe bugwate n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Abamugariye ku rugamba n’abatsinzwe ku rugamba.

Itariki nk’iyi muri 1994, inkomere nyinshi n’abamugajwe n’intambara bari benshi bari mu ngabo za APR, ubushobozi bw’igihugu ari bukeya. Ariko uko imyaka yagiye itaha indi ikaza abamugariye ku rugamba n’inkomere bagiye bavuzwa bakitabwaho barubakirwa, ndetse banasubizwa mu buzima busanzwe.

Perezida_Kagame_niwe_mugaba_mukuru_w_ingabo_zabohoye_u_Rwanda.jpg

Ingabo zatsinzwe zitari zaragize uruhare muri Jenoside zaje kuvangwa n’Izo bari bahanganye mu ntambara. Ni ukuvuga Ex-Far n’ingabo zari iza APR maze bahinduka ingabo z’igihugu kuri ubu ari zo RDF

Gahunda n’Inzego zo kubanisha abanyarwanda

Kugira ngo u Rwanda rwongere kubakwa, hagombaga kubanza kongera gusana ubunyarwanda. Ni yo mpamvu ibyitaweho cyane hari ukubanza gukura ubwoko mu ndangamuntu, no kugerageza kongera kubanisha abanyarwanda. Leta yashyizeho akayo ishyiraho Komisiyo n’ibigo bitandukanye byihariye. Muri byo twavugamo Komisiyo y’ubumwe n’Ubwiyunge, Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, Itorero ry’Igihugu n’izindi nzego.

Inkiko Gacaca zabaye igisubizo mu kuvugisha ukuri no gusaba n gutanga imbabazi hagati y’abahemutse n’abahemukiwe, ndetse bifasha n’igihugu kugera ku kubona amakuru kuri Jenoside yakorewe abatutsi.

Gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuri ubu ni yo gahunda iriho mu kwimakaza ubunyarwanda nyabwo budashingiye ku moko, ahubwo bushingiye ku kuri. Gahunda zo guha amahirwe angana ku bantu bose yaba mu kwiga, ubwisungane mu kwivuza no guha ijambo umugore, Gira Inka n’izindi.., ntibikorwa hagendewe ku kindi bihabwa ababigenewe kimwe hatarebwe ubwoko.

Igisobanuro cyo kwibohora ni iki ku munyarwanda wa none?

Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda n’igihugu cy’Intangarugero mu byinshi ku isi. Imbereho y’umunyarwanda igenda izamuka, imibanire nayo hagati y’abenegihugu nayo yateye imbere. Mu gihugu usanga amashyirahamwe ahurirwamo abarotse n’ababahemukiye bafatanya muri byinshi byo kwiteza imbere. Ingero ni inyinshi nk’Ishyirahamwe Abiyunze ryo mu Karere ka Huye, Kayonza na Rubavu, usanga bageze ku ntera ishimishije mu bumwe n’ubwiyunge. Abahungutse bashubijwe imitungo yabo bari barasize, buri munyarwanda afite uburenganzira bwo gukora icyo ashoboye kimuteza imbere no kugikorera aho ashaka.

Biracyakomeza.

Previous Post

Kagere Meddy wakiniraga ikipe RAYON SPORTS yamaze kugurishwa akayabo k’amadorali 10,000 ku mugabane w’Uburayi

Next Post

“Kuba abanyamahanga baza gusura inzibutso za Jenoside si amayeri ” Depite Nyirarukundo

Next Post

"Kuba abanyamahanga baza gusura inzibutso za Jenoside si amayeri " Depite Nyirarukundo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Turashaka gutsinda Congo Brazzaville-Migi

7 years ago

IJAMBO RY’IMANA: Uko ukwiye gutandukanya ijwi ry’Imana n’Iyerekwa nyaryo n’amarangamutima yacu asanzwe!

6 years ago

Lionel Messi na Zinedine Zidane bagiye gukinira ikipe ya Papa Francis

7 years ago

U Rwanda rugiye kwakira Inama y’Ihuriro ry’abagore bari mu Nteko zishinga Amategeko zo mu bihugu bitandukanye ku Isi (WIP).

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In