Sunday, March 7, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home OPINIONS

Perezida Kagame “…ni yo mpamvu Umunyagihugu wihaye gusumba igihugu bitamuhira”(Update)

admin by admin
July 6, 2014
in OPINIONS
0
0
SHARES
3
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wateguye n’abagore bari mu nzego zitandukanye wo gushimira ingabo zabohoye u Rwanda, wabereye kuri Stade Amahoro kuri iki cyumweru, Perezida wa Repuburika mu ijambo rye, yavuze ko umunyagihugu iyo ashatse gusumba igihugu bitamuhira.

k2d.jpg

Related posts

Dusubize amaso inyuma! Tariki 19/07/2014, imyaka 20 irashize Guverinoma y’Ubumwe igiyeho! Isize iki?

July 19, 2014

Ijambo rya Nyakubahwa Paul KAGAME ku munsi wo kwibohora (VIDEWO, AMAFOTO N’ INYANDIKO)

July 5, 2014

Perezida Kagame / photo K2D

Mu uwo muhango wari witabiriwe n’abagore bari mu nzego zose z’ubuyobozi butandukanye kuva ku rwego rw’igihugu zo hejuru kugera mu Turere, hatanzwemo ubuhamya bw’abagore bashimira Ingabo zari iza RPF zabohoye igihugu bikaba byaratumye bibohora mu miterereze n’imyumvire, bikaba byaratumye biteza imbere. Aha umudamu wo mu Ntara y’Iburazirazuba mu Karere ka Ngoma witwa Murebwayire watanze ubuhamya bwo kuba yaritegeje imbere we na bagenzi be 12 aho bageze ku gishoro cya MIliyoni hafi 200 mu gihe batangiriye ku bihumbi magana abiri y’u Rwanda.

staddd.jpg

Perezida Kagame yashimiye abagore bateguye uyu mwanya mwiza wihariye wo gushimira ingabo zabohoye u Rwanda, no kuvuga inkuru y’urugamba rwo kwibohora. Perezida Kagame yavuze ko inkuru yo kwibohora itandukaye n’izindi nkuru. Yasobanuye ko inkuru isanzwe igira aho ihera n’aho itangirira ariko ikagira naho isorezwa, ariko ku nkuru yo kwibohora kuyisoza biragoye, kuko ntuba uyivuze yose… ati “nagira ngo rero nshimire umunyarwanda kazi waduhaye akanya ko kuvuga inkuru yose uko iteye”

afan.jpg

Abategarugori bo mu nzego za gisirikari nabo bari babukereye

Perezida Kagame yavuze ko abo bafatanyije urugamba rwo kubohora Rwanda, ari abarukomereyeho, abamugaye n’abazima bariho bose uyu munsi bafite agaciro kamwe mu gihugu. Perezida Kagame akaba atumva impamvu iyo hari ibitagenda neza bamwe bahitamo guceceka kandi barakoze ikirenze kuvuga cyangwa kunenga ibitagenda neza.

pic_kwik.jpg

Bamwe mu bari bitabiriye uwo muhango

Perezida Kagame yashimye ibyiciro byose by’abanyarwanda bagize uruhare mu gutsinda urugamba. Aha Perezida Kagame akaba yasobanuye ko urugamba rutarwanywe n’amasasu gusa, ko harimo n’abandi bafashije urugamba bitanga mu buryo butari bumwe, ari abatanze utwabo, ibiterekerezo, abo yise intwari zitagereranywa..

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ari umuryango, kandi umuryango utagizwe n’umuntu umwe. Aha yavuze ko ni yo umuntu umwe mu muryango agize intege nke, akwiye gusindagizwa kugeza aho agize intege.

Ariko yibukije ko nta muntu ukwiye kuba hejuru y’umuryango, ati nta mwene gihugu ukwiye kwishyira hejuru y’igihugu kuko bitamugwa neza. Aha yatanze urugero “Umuryango w’abantu, urimo abantu batandatu cyangwa icumi, abo bantu bose baratandakana, bafite imico itandukanye, bakora ibitandukanye kandi bakabikorera ahatandukanye, ariko ntibibuza umuryango kuba umuryango,… ibyo twakora nk’abanyarwanda twakorera ahatandukanye, ntibitubuza kuba abanyarwanda. Ariko tukibuka ko umwe muri twe no mu muryango muto icyo akoze cyiza kigirira inyungu umuryango, kigaha uwo muryango isura nziza.”

Yakomeje agira ati : ” Uwagira intege nke agakora ikibi kigira ingaruka ku muryango. Giha isura mbi umuryango n’ubwo umuryango urimo abeza, ni yo mpamvu kenshi umuryango ugira uburyo cyangwa igihugu kigira uburyo bwo gukomakoma, ni yo mpamvu ugize intege nke tumusingagiza, kugeza igihe yongeye akabona imbaraga zimukoresha ibyo yari akwiye kuba akora, cyangwa se nitewe n’impamvu zitandukanye uwo muntu aratakara, ariko umuryango ntago utakara urakomeza.”

stp.jpg

Perezida Kagame yavuze igihugu gisumba buri wese, ntawe ukwiye kukijya hejuru. Perezida Kagame ati “Umuntu uri mu muryango witwaye nkaho awusumba ntago bimuhira. Umunyagihugu wishyize hejuru y’igihugu ntago byamuhira. Ibyo ngi byo abantu bose baba bakwiye kubyumva”

Perezida yabaye nk’ugaruka kubikunze kuvugwa ko u mugore mu Rwanda yhawe agaciro, maze asa nkaho abosobanuye neza. Ati “ Ibyakozwe byose ntago twahaye abagore agaciro, barasanganywe, iyo ugiye gucukura Zahabu iba ifite agaciro, iyo ugiye kuyitunganya ni ukuyihanagura kugira ngo agaciro kayo”. Perezida Kagame yavuze ko icyo u Rwanda rwakoze ari ukugaragaza agaciro k’abagore kuko atari abantu babaremye cyangwa bakabahaye.

Muri uyu muhango Perezida Kagame akaba yahawe ishimwe n’abagore bamushimira ku kuba yarayoboye urugamba rwo kwibohora ndetse akaba yaragaragaje agaciro k’umugore.

Previous Post

Uburusiya:Bafotowe bari gusambanira ku karubanda mu mujyi wa Samara

Next Post

Indege yakorewe i Burundi iri hafi gutangira kuguruka

Next Post

Indege yakorewe i Burundi iri hafi gutangira kuguruka

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Uganda:Dr Jose Chameleone yiheje mu kanama gategura ishyingurwa ry’umwana wa Juliana Kanyomozi.

7 years ago

“Nta muntu ukwiye kurenza iminsi 5 mu maboko ya Polisi atarashyikirizwa ubushinjacyaha”! Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu

7 years ago

Kubaka Stade ya Gahanga, imwe muri Gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda mu imyaka 3 iri mbere.

7 years ago

Hehe n’ibinini, inshinge !! .Havumbuwe uburyo bushya bwo kuboneza urubyaro hakoreshejwe telecommande

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In