Monday, March 8, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home OPINIONS

Perezida KAGAME “Uyu munsi turashimira abitanze bose mu kubohora igihugu….turabashimiye bivuye ku mutima”

admin by admin
July 4, 2014
in OPINIONS
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 20 wabereye kuri Stade Amahoro I Remera ahari hateraniye imbaga y’abantu bagera ku bihumbi mirongo 30, Perezida Kagame yavuze ko kwibohora atari igikorwa cy’umunsi umwe.

DSC_0212.jpg

Related posts

Dusubize amaso inyuma! Tariki 19/07/2014, imyaka 20 irashize Guverinoma y’Ubumwe igiyeho! Isize iki?

July 19, 2014

Perezida Kagame “…ni yo mpamvu Umunyagihugu wihaye gusumba igihugu bitamuhira”(Update)

July 6, 2014

Muri ibi birori byitabiriwe n’abashyitsi batandukanye barimo abakuru b’ibihugu bya Sudani y’amajyepfo Salva Kiir, Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, Visi Perezida w’u Burundi, Minisitiri w’bubanyi n’amahanga wa Ethiopie na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo. Hari kandi umufasha wa Mwalimu Julius Nyerere.

Ibi birori byaranzwe n’akarasisi ka gisirikare, abapolisi n’abacungagereza, by’akarusho kuri iyi nshuro ya 20 mu karasisi hagaragayemo abamugariye ku rugamba nabo bakoze akarasisi mu tugare twabo.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezida wa Kenya akaba na Chairman w’Umuryango w’Afurika y’uburasirazuba, yashimiye cyane abanyarwanda uburyo babohoye igihugu cyabo, gusa agaya igihugu cye cya Kenya n’Akarere muri rusange ku kuba nta cyo bakoze ngo bafashe ababohoraga u Rwanda.

DSC_0079.jpg

Bamwe mu basirikare n’abapolisi bakuru bari bitabiriye ibi birori

Mu ijambo ry’umunsi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ukwibohora kw’abanyarwanda gufite umwihariko ugeraranyije n’ukwibohora ku ibindi bihugu.

Kagame5.jpg

Perezida Kagame ageza Ijambo ku mbaga yari iteraniye kuri Stade Amahoro

Perezida Kagame yasabye abanyafurika kutitwaza buri gihe amateka mabi yabaranze n’agaciro gake bakomeje guhabwa n’amahanga, ngo bibe urwitwazo rw’ejo hazaza.

Kagame yavuze ko akenshi abazungu bagiye basuzugura abanyafurika, bagakunda kwerekana ko abanyafurika ari bantu basuzuguritse badafite icyo bashoboye, abanyafurika bagaceceka nyamara babizi ko bashoboye. Yagize ati: “Twakomeje kwemera ko dusuzuguritse nubwo tubizi ko dushoboye”..

DSC_0226.jpg

Perezida Kagame asanga ibi bisigisigi by’amateka bidakwiye kuba urwitwazo rwo kwemera gutsindwa“Nta kintu na kimwe cyahise kigomba kuba urwitwazo rwo gutsindwa.”

Yavuze kandi ko ashimira abanyarwanda bose bagize uruhare mu ibohorwa ry’igihugu kandi akemeza ko ubufatanye abaturage bagaragaje aribwo bwatumye igihugu kigera aho kiri uyu munsi. “Uyu munsi turashimira abitanze bose mu kubohora igihugu….turabashimiye bivuye ku mutima.[……]kuko ikizere cy’abaturage ni wo musingi nyawo w’igihugu.”

Kagame yijeje abaturage ko n’ubwo inzira yo kwibohora ikiri ndende , ngo yizeye ko u Rwanda ruzagera kure ngo kuko bajya no gutangira urugamba rwo kubohora igihugu baharaniraga u Rwanda rwiza. Gusa akaba yishimiye intambwe u Rwanda rugezeho, akaba yemeza ko nibakomeza gutyo nta kabuza imbere ari heza.

Akaba yasoje asaba abanyarwanda n’abanyafurika gukomeza urugamba rwo kwibohora kuko aribo bireba kandi kuri we ngo igihe ni iki. Akaba yabasabye gukomeza bajya mbere.

DSC_0429.jpg

Bamwe mu bamugariye ku rugamba

Ibi birori bikaba byizihijwe n’Itorero Urukerereza , indirimbo z’abanzi batandukanye n’akarasisi k’Ingabo, abapolisi n’abacungagereza.

Inkuru & Photo: MakuruKi Team

Previous Post

Papa yahaye umugisha abapadiri bakiza amashitani

Next Post

UDUSHYA MU MAFOTO twagaragaye mu birori byo kwibohora ku nshuro ya 20 kuri Stade Amahoro I Remera.

Next Post

UDUSHYA MU MAFOTO twagaragaye mu birori byo kwibohora ku nshuro ya 20 kuri Stade Amahoro I Remera.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Uganda: 70% ntibakaraba intoki bavuye mu bwiherero.

7 years ago

Kutitaba Inteko kwa Minisitiri w’intebe mu Nteko byateje impaka mu badepite

7 years ago

Nyamata uruganda rw’amazi rufashwe n’inkongi y’umuriro

7 years ago

Abunganira Kizito mu mategeko barasaba ko afungurwa

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In