Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home POLITIKE Y'U RWANDA

“Ntago Jenoside ari Impanuka cg kwihimura ni umugambi wari warateguwe” Minisitiri Mitali

admin by admin
February 3, 2021
in POLITIKE Y'U RWANDA
0
0
SHARES
8
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mugihe tukiri mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe abatutsi, Umujyi waKigali wibutse abari abakoze b’ icyahoze ari Perefegitura y’ Umujyi wa Kigali ( PVK) n’ amakomini yo mu gice Kibarizwamo Umujyi wa Kigali.

DSC_0536.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Ubu umunyamakuru ashobora kunenga Leta akanayigisha impaka – Min Busingye

Ubu umunyamakuru ashobora kunenga Leta akanayigisha impaka – Min Busingye

February 3, 2021

Kuri uyu wa Gatnu taliki ya 16 Gicurasi 2014, Abayobozi, abakozi b’ umujyi wa Kigali bibutse abari abakozi b’ icyahoze ari Perefegitura y’ umujyi wa Kigali n’ amakomini yo mu gice kibarizwamo umujyi wa Kigali.

DSC_0306.jpg

Uyu muhango wabimburiwe no kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rw’ abazize jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Nyuma hakurikiraho urugendo rwo Kwibuka ( Walk to Remember) rwatangiriye ku ma shuli y’ Intwali rusozerezwa kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ahakomereje indi mihango yo kwibuka, hakaba habanje gucanwa urumuri rw’ ikizeree ndetse hafatwa n’ umunota wo kwibuka.

DSC_0416.jpg

Urugendo rwo Kwibuka rwatangiriye ku ishuri ry’ Intwali

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Minisitiri Mitali ufite umuco mu nshingano ze.

DSC_0675.jpg

Mu Ijambo rye yagarutse kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, aho byakozwe n’ abakagombye kurengera abaturage, yavuze ko ubuyobozi bubi aribwo bwatumye Jenoside ibaho kuko ubwo buyobozi bwakabaye aribwo bwafashe iyambere mukubirwanya ahubwo bafashe iyambere mu kuyitegura bityo akaba aribyo byatumye umugambi ubasha gushyirwa mu bikorwa, ibyo bikaba ari ingaruka z’ ubuyobozi bubi.

DSC_0910.jpg

Minisitiri w’ umuco na Siporo Mitali protais

Minisitiri Mitali yakomeje yerekana ko Jenoside atari impanuka ahubwo ari umugambi wateguwe kandi utegurwa n’ ubuyobozi bubi bwariho bityo asaba abantu kwirinda ibivugwa ko Jenoside yatewe n’ ihanurwa ry’ indege ya Habyarimana, mu ijambo rye kandi yavuze ko kwibuka bizaduta abana barimo babyiruka bamenya ububi n’ ingaruka z’ ubutegetsi bubi bigatuma baharanira guhitamo ubuyobozi bwiza.

yaboneyeho gusaba ko mu nzego zo mu Midugudu, hajya habaho guhanahana amakuru kugirango ababuze ababo muri Jenoside babashe kumenya urugendo rwa nyuma rw’ ababo bazize Jenoside.

DSC_0775.jpg

Fidele Nayisaba Umuyobozi w’ Umujyi wa Kigali

Umuyobozi w’ umujyi wa Kigali Fidele Ndayisaba yagarutse ku ngengabitekerezo ya Jenoside n’ ibikorwa by’ ikandamiza byakorerwaga abatutsi bikagera aho bifatwa nk’ ibintu bisanzwe kuko yariyo ntero y’ ubutegetsi bwari buriho icyo gihe aho yamamzwaga na benshi mu bakozi n’ abayobozi bariho.

yakomeje avuga ko habaho kwibuka mu Mujyi wa Kigali kuko habayeho ubuyobizi bubi, aho abategetsi bariho barenze kunshingano zabo zo kwita kubo bari bashinzwe, kubabungabungira ubuzima no kubashakira ineza ariko akaba ataribyo bakoze, zikaba arizo ngaruka za Jenoside.

Mu buhamya bwatanzwe herekanwe ukuntu abategetsi bose bariho guhera ku buyobozi bwo hasi bwa serire,segiteri na komini bazaga gufata amabwiriza ku Perefegitura yo kujya Kwica abatutsi, uwtanze ubu buhamya akaba yibaza ukuntu abakarengeye abantu aribo babatanze ngo bicwe, bityo aboneraho gushimira ubuyobozi bwiza dufite buhora buzirikana abo bushinzwe.

DSC_0876.jpg

Uwatanze ubuhamya

Uwavuze mu izina ry’ Imiryango yabuze ababo bari abakozi ba Perefegitura y’ Umujyi wa Kigali n’ amakomini yo mu gice kibarizwa mumujyi wa Kigali yasabye ubuyobozi bw’ Umujyi wa Kigali ko bareba uburyo hashyirwaho urwibutso rw’ abari abakozi ba Perefegitura y’ Umujyi kugirango nabo bajye babona uko bunamira ababo bazize Jenoside bityo yaboneyeho no kubasaba ko babaha umwanya bakaganira bakabereka uko bamerewe ndetse n’ uko babyumva. yasoje ashimira Umujyi wa Kigali kuba waratekereje gushyirahoo gahunda yo Kwibuka abari abakozi bayo.

DSC_0894.jpg

Uwavuze mu izina ry’ ababuze ababo bakoraga muri Perefegitura y’ Umujyi wa Kigali

Icyagarutwseho cyane muri uyu muhango ni uko, imigambi yose wasangaga itegurirwa mu cyahoze ari Perefegitura y’ umujyi nyuma imyanzuro ikoherezwa mubindi bice byose by’ igihugu, ibi byaterwaga n’ uko inzego nyinshi zakoreraga mu mujyi wa Kigali hakiyongeraho n’ ibitangazamakuru nka RTLM, Kangura ndetse rimwe na rimwe na Radiyo Rwanda hakaba hari aho yagiye ikoreswa.

DSC_0306.jpg

Babanje gusobanurirwa amateka y’ urwibutso rwa Kigali

DSC_0349.jpg

DSC_0353.jpg

DSC_0403.jpg

DSC_0902.jpg

DSC_0830.jpg

Evode MWIZERWA/ Makuruki.com

Previous Post

KENYA: Mu gihe bari baraye baburiwe, abanyakenya bongeye kwibasirwa n’ibitero by’ibisasu by’abiyahuzi.

Next Post

MUSANZE: Uwari Gitufu w’Umurenge wa Cyuve yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka

Next Post

MUSANZE: Uwari Gitufu w'Umurenge wa Cyuve yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Dore 10 abakinnyi b’ibihangange bafite Tattoos nziza mu gikombe cy’isi

7 years ago

Batatu bamaze gupfa bazize inkongi yibasiye Gereza ya Rubavu!

7 years ago

Kuba Perezida Kagame yakuyeho Damien si uko yamugaye, ahubwo ni ukugira ngo akazi gakorwe neza kurushaho.

7 years ago

Videwo ivuga ko umwana wo muri Afurika y’epfo arushwa n’imbwa kurya neza ikomeje guteza umwuka mubi

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In