Saturday, February 27, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Abadepitekazi bo mu Nteko z’Ishinga Amategeko ku Isi bateraniye i Kigali, barasabwa ubufatanye mu kibazo cy’abakobwa bashimuswe muri Nijeriya!

admin by admin
July 1, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

DSC_0444.jpg

I Kigali mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko hatangiye inama y’iminsi itatu ihuza abagore baturuka mu Nteko zishinga Amategeko zigera kuri 43, aho baje kungurana ibitekerezo na bagenzi babo bo mu Rwanda ku ruhare rw’abagore bari mu Nteko muri sosiyete, aho abayitabiriye basabwa kwerekana ubushake n’ubufatanye mu kibazo cyo kugaruza b’abakobwa 200 bashimuswe muri Nigeria n’Umutwe wa Boko Haram.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Iyi nama yafunguwe ku mugaragaro na Perezida w’Inteko Inteko ishinga Amategeko y’u Rwanda/Umutwe w’abadepite Nyakubahwa Mukabalisa Donatille aho wifurije ikaze mu Rwanda ku bashyitsi bayitabiriye ndetse no kuzagira ibiganiro byiza.

DSC_0054.jpg

Perezida w”umutwe w’Abadepite Nyakubahwa Mukabalisa Donatille

Uwashinze Ihuriro ry’abagore bari mu Nteko zishinga Amategeko WIP (Women in Parliament) ari we Silvana Koch Mehrin mu ijambo rye yagarutse kugushimira u Rwanda na Perezida wa Repuburika uburyo bemeye kwakira iyi nama. Yaboneyeho gusaba abitabiriye iyi nama ubufatanye ngo barebe uko bagaruza abana 200 b’abakobwa bashimuswe n’umutwe wa Boko Haram mu minsi yashize mu gihugu cya Nijeriya.

DSC_0072-2.jpg

Madamu Silvana Koch Mehrin

Benshi mubaje bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bafashe ijambo baje bahagarariye ibihugu byabo, bashimye iterambere u Rwanda rwagezeho banashima intambwe umugore wo mu Rwanda yateye n’ijambo umugore yahawe mu gihugu. By’umwihariko buri wese wavuze ntiyaburaga gushimira Perezida Paul Kagame uburyo adahwema kugaragaza ko ashyigikiye iterambere ry’abagore.

Uhagarariye Afurika yunze ubumwe Dlamini Zuma yashimye u Rwanda avuga ko usibye no kugira abagore benshi mu Nteko ngo no mu zindi nzego z’ubuyobozi abagore bagaragaramo, akaba ari ikintu asanga cyo kwishimira no kwigira ku Rwanda.

Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi batandukanye Perezida wa Sena y’u Rwanda Nyakubahwa Ntawukuriryayo Jean Damascene, Umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe Nkosazana Dlamini Zuma n’abandi batandukanye.

Nyuma y’akaruhuko, gato hakurikiyeho umwanya w’ibiganiro harimo icyatanzwe na Mary Gahongizire wauze ku ntambwe abagore bo mu Rwanda nzego z’umutekano aho yasonauriye abitabiriye ko mu ngabo z’igihugu kuri ubu abagore ari hafi 50% muri polisi bakaba bari ku kigero cya 40% mu gihe mu bacungagereza ari nabo bangana na 20%. Aha Mary Gahonzire akavuga ko n’ubwo mu bacungagereza umubare ukiri muto ariko intambwe yatewe nini cyane kuko mbere ya Jenoside nta mucungagereza w’umugore wabagaho.

DSC_0589.jpg

Mary Gahonzire atanga ikiganiro

Muri iyi nama hakaba hari n’imurikagurisha rizgaragaza bimwe mu bikorwa by’abagore bo mu Rwanda, hakaba kandi herekanywe filimi igaragaza intambwe abagore bo mu Rwanda bagezeho.

Ku munsi wa kabiri w’iyi nama abayitabiriye bakazagira ingendo hirya no hino mu gihugu, aho bazerekwa byinshi mu byo u Rwanda rumaze kugeraho byagizwemo n’uruhare rukomeye n’abagore bo mu Rwanda. Ikaba izasoza imirimo yayo tariki ya 03 Nyakanga 2014 ari nabwo Nyakubahwa Perezida Paul Kagame azageza ijambo kubayirabiriye.

Photo: Lambert/ MakuruKI.com

Previous Post

Perezida Kagame ngo agiye muri Tanzania byamushimisha cyane

Next Post

Abagande babiri bamanitswe mu Bushinwa kubera gucuruza ibiyobyabwenge

Next Post

Abagande babiri bamanitswe mu Bushinwa kubera gucuruza ibiyobyabwenge

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Papa Francis yatangaje amategeko 10 yo kubaho wishimye harimo n’iryo gufunga televiziyo ugiye kurya

7 years ago

Perezida yakoze agashya ahagarara gato ku nzira ngo yihagarike

7 years ago

Inama ngarukamwaka y’ uburezi mu Mujyi wa Kigali yibanze ku kibazo cy’ isuku n’ ireme ry’ uburezi.

7 years ago

Kim Kardashian yatwererewe umusaruro wavuye mu mashusho ye y’urukozasoni !

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In