Tuesday, March 9, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Abantu 28 basonewe ubwishyu bw’ibyo bangije muri jenoside

admin by admin
May 5, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
0
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

abantu-28-basonewe-ubwishyu-bw-ibyo-bangije-muri-jenoside_53674f79785f2_l643_h643_1_.jpg

Kabarisa na mushiki we batanga imbabazi/bamwe mu basonewe imitungo bangije (photo Izuba rirashe )

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Abantu 28 bo mu kagari ka Nyabivumu mu Murenge wa Gasaka akarere ka Nyamagabe basonewe n’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo mu muryango w’uwitwa Sebitabi Damien wari utuye muri aka kagari, ubwishyu bungana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 781,200.

Kabarisa Jean Claude, ukomoka muri uyu muryango watanze imbabazi avuga ko guha aba bantu bose imbabazi ari uburyo bwo kongera kubaka igihugu kuko usanga ngo aba bantu bagira ipfunwe ndetse n’ubwoba, babarinda guhora bihishanwa n’ubuyobozi kuko ngo bari baratanze imbabazi mu buryo bw’umuryango.

Kabarisa ati “twebwe mu buryo bwo kongera kubaka igihugu twateguye ko aba bantu bose tugomba kubamara ubwoba n’ipfunwe kuko twebwe nta pfunwe dufite. Twagira ngo n’ubuyobozi bumenye ko izo mbabazi twazitanze kuko twari twabikoze hagati mu muryango bityo buri wese yumve ko afite umutekano areke kujya ahora yihisha ubuyobozi”.

I

Muhirwa Jean Damascene, ukomoka mu muryango wagize uruhare mu gusahura ndetse no kwangiriza uyu muryango muri jenoside avuga ko baterwaga ipfunwe n’ibyo imiryango yabo yakoreye aba bari abaturanyi babo, ariko ngo kuba abasigaye muri uyu muryango baberetse umutima w’imbabazi ngo bagiye kubana nta rwicyekwe.

“twaterwaga ipfunwe n’ibyo imiryango yacu yakoreye abaturanyi babo, ni inzira nziza y’ubumwe n’ubwiyunge nk’uko Leta nziza yabidushishikarije; nabo bakaba babashije kubishyira mu bikorwa batanga imbabazi, ubu tugiye kubana neza nta rwikekwe”.

Umuhesha w’inkiko utari uw’umwuga mu ifasi y’Akagari ka Nyabivumu; Kavoma Patrick, avuga ko kuba hari abarokotse jenoside batanga imbabazi ku babononeye ari intambwe ikomeye yerekana ko inzira y’ubumwe n’ubwiyunge irimo igerwaho, ikindi ngo byoroshya akazi dore ko ngo hari aho usanga abishyuzwa nta bushobozi bafite bwo kwishyura.

Aba bantu 28 buri wese yagombaga kwishyura amafaranga y’u Rwanda 27,900, gusa ngo nayo ntabwo yari ahwanye n’ibyo bangije byose.

Inkuru dukesha Izuba rirashe!

Previous Post

Nyuma y’Imyaka 9 UWIRINGIYIMANA Theogene uzwi nka BOSEBABIREBA agiye gutaramira abakunzi be

Next Post

Muri Kilimanjaro Music Awards Diamond yegukanyemo ibihembo 7

Next Post

Muri Kilimanjaro Music Awards Diamond yegukanyemo ibihembo 7

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Nubwo atagifite amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, PGGS 4 isize abanyarwanda bemeye ko Senderi ari Umunyadukoryo!

7 years ago

Uganda: Museveni arishyuzwa amafaranga y’indirimbo yamufashije kujya ku butegetsi muri mu 2006

7 years ago

Abadepite ntibavuga rumwe ku mushinga w’itegeko rishya ryo gushyingirwa ku myaka 18

7 years ago

Ikipe y’Ubudage yagejeje igikombe iwabo , ibyishimo ni byose ku badage(amafoto)

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In