Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Gen KAYUMBA na RNC barakekwaho kurigisa umunyemari RUJUGIRO Tribert nyuma yaho bamenyeye ko ashaka gutahuka

admin by admin
July 1, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
0
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Publication3-3.jpg

Nyuma y’ aho mu bitangazamakuru hagiye hasohokamo inkuru zavugaga ko umushoramari uzwi cyane mu Gihugu cy’ u Rwanda ndetse no mu mahanga ari we Rujugiro Ayabatwa Tribert ko yaburiwe irengero, amakuru dukesha ikinyamakuru Imirasire kuri ubu Kayumba na bagenzi be muri RNC nibo batungwa agatoki ko bamuhoye ko yari yatangaje ko agiye gutahuka mu Rwanda.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

rujugiro1.jpg

Rujugiro Tribert bivugwa ko bitazwi aho aherereye

Nyuma y’ ibura rya Rujugiro, uwitwa Ntwari Frank bari biriranywe, ngo ni we wagiye atangaza ko uyu mugabo yabuze ariko ntatangaze uburyo yabuzemo bityo nawe akaza mu bashyirwa mu majwi ko bazi neza ishimutwa rye hakiyongeraho na Kayumba ndetse na David Himbara.

Mu nkuru yasohotse mu kinyamakuru cyandika cyitwa Gasabo no 148 yo kuwa 11 Kamena 2014, yavugaga ko Rujugiro yabuze ariko abura ari kumwe n’ uyu Frank bityo ngo aba ari nawe utangaza ayo makuru ko yabuze.

Nk’ uko ibitangazamakuru bitandukanye bigenda bitangaza amakuru atandukanye ku ishimutwa rya Rujugira, ngo icyaba cyihishe inyuma y’ iryo shimutwa rye ngo ni uko Kayumba Nyamwasa yari yamenye ko ashaka gutaha mu Rwanda akava mu buhungiro bityo nawe akaba yaratinyaga ko yazahagera akamena amabanga yabo dore ko bakoranaga muri RNC, nk’ uko byatangajwe n’ ikinyamakuru Rushyashya.

Dr. David Himbara wahoze akora mu biro by’ umukuru w’ igihugu ari umujyanama nyuma agahunga igihugu akaba atanakivuga rumwe na Leta y’ u Rwanda, ngo niwe wamennye ibanga rya Rujugiro ko agiye gutahuka dore ko bari bamaze iminsi bakorana anamushakira abashoramari bagombaga gufatanya mu mushinga wo kwagura uruganda rwe rw’itabi ruri i Goma muri RD Congo.

Rujugiro ngo yaje kuganiriza David Himbara ko ashaka gutaha abona ibyo kuba mu buhungiro no kurwanya Leta birimo kumuteza igihombo kinini ngo kuko Gen. Kayumba na Col. Karegeya bari bamwijeje ko gufata Leta bitazatwara umwanya none akaba abona bitagishobotse.

_72046351_72046350.jpg

Kayumba Nyamwasa, ukekwa kurigisa umunyemari Rujugiro

Nyuma y’ ibura ry’ uyu mushoramari, umuryango we urimo gushyira ku gitutu Ntwari Frank ngo agaragaze aho ari bityo bakaba baratanze n’ imyirondoro y’ abandi bacyekwaho kuba bihishe inyuma y’ icyo gikorwa ku bashinzwe umutekano, bityo Himbara we akaba yarahise asubira muri Canada.

Uyu mugabo w’ umunyemari, usibye kugira imishinga mu Rwanda, ayifite no mu bindi bihugu nk’ u Burundi ari na ho bivugwa ko yaburiye, indi mishinga ye ikaba no muri Afurika y’ Epfo ariko akaba yaragiye avugwaho byinshi bitandukanye muri ibi bihugu akoreramo atungwa agatoki mu inyereza ry’ imisoro ariko kugeza magingo aya hakaba hataramenyekana aho aherereye.

Previous Post

Abaturiye Pariki y’ibirunga bazakomeza kubona ku nyungu iva mu bukererugendo buyikorerwamo

Next Post

Perezida Kagame ngo agiye muri Tanzania byamushimisha cyane

Next Post

Perezida Kagame ngo agiye muri Tanzania byamushimisha cyane

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Nyuma y’imyaka 18, Monica Lewinsky agiye kwerura iby’ umubano we na Perezida Bill Clinton

7 years ago

Somaliya:Ingabo za Leta zirukanye Al Shabab muri Perezidansi , abakuriye inzego z’umutekano barirukanwa

7 years ago

Bamwe bahuze ikoreshwa ry’utumashini twa Rwanda Revenue (EBM), bahitamo kwimurira ubucuruzi bwabo mu mahanga!

7 years ago

Ikipe y’Ubudage yagejeje igikombe iwabo , ibyishimo ni byose ku badage(amafoto)

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In