Sunday, March 7, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

KIGALI: Abakuru b’Ibihugu 10 n’abandi bashyitsi bo ku rwego rwo hejuru bagera 2,500 i Kigali mu nama ya BAD (ABD Meeting)

admin by admin
May 14, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

10153881_10152156978539613_2317269328580548941_n.jpg

Kuva tariki ya 19 kugeza 24/Mata 2014, u Rwanda rurakira Inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika itsura amajyambere (BAD) inama izwi ku izina rya ABD Meeting, ikazabera ahari gutungwanywa iruhande rwa SERENA Hotel, ahahoze hitwa Camp Kigali, ubu hiswe ABD Meeting Village.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Nkuko byatangajwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ari na wo uzakira abo bashyitsi, Bwana Fidele NDAYISABA, yavuze ko iyi nama abashyitsi bazitabira iyi nama ubwabo ni 2500 kongeraho abayobozi bo mu gihugu imbere bagera kuri 400.

Ndayisaba.jpg

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidele NDAYISABA

Iyi nama kandi izitabirwa kandi n’abayobozi bo ku rwego rw’ikirenga, harimo n’abakuru b’ibihugu barenga 10 n’abigeze kuba abayobozi bigeze kuba abakuru b’ibihugu na za Gouvernement, abaminisitiri b’Imari b’Afrika bose, b Gouverneri bose ba Banki Nkuru z’ Afrika n’abandi batumirwa bihariye b’ibigo by’Ishoramari ku isi bikorana na Banki nyafurika itsura amajyambere.

Mayor NDAYISABA yakomeje atangaza ko igihugu cyakiriye iyi nama kiba gifite ibyo gishimwa byinshi, ni muri urwo rwego u Rwanda rwahatanye n’ibihugu byinshi by’Afrika, birangira gitsindiye kwandikira iyi nama.

Ese iyi nama ni iki isobanuye ku Rwanda cyangwa abanyakigali by’umwihariko?

Iyi nama ngo ni inama ifitiye igihugu akamaro kanini. Mayor Fidele NDAYISABA atangaza ko iyi nama ari inama igendana n’amafranga kuko ari inama ya Bank atari inama ya ONG, ati “ iyo wayitwayemo neza ikurikirana n’ibindi byiza byiza kandi turanabishaka.”

Akandi kamaro k’iyi nama mu birebana n’ubucuruzi ni uko abanyamujyi bazabyungukiramo\kuko abazayitabira bazaba bahaha bacumbitse, barya, bakeneye imodoka zo kugenderamo, ni umwanya mwiza ku banyakigali bakora business, kugira ngo bacuruze kandi bamenyekanishe isura nziza ya Kigali n’u Rwanda muri rusange.

Umujyi wa Kigali mu myiteguro yo kwakira abashyitsi.

Kugeza uyu munsi, imyiteguro irarimbanije aho inama izabera, ariko ikiraje ishinga Umujyi wa Kigali ni ugutegura amacumbi azacumbira aba bashyitsi, dore ko ari ubwa mbere u Rwanda rugiye kwakira inama nk’iyi ifite abashyitsi benshi

Leta y’u Rwanda yamaze gufata (booking) amahoteli umunani azacumbikira abayobozi bo ku rwego rw’ikirenga. Ayo mahoteri harimo SERENA Hotel, Hotel Des Milles Collines, Gorillas Hotel, Karisimbi, Legas Hotel, Galaxy Hotel, Lemigo Hotel.

Abandi bashyitsi bazacumbikirwa mu mahotel yandi yose ndetse na za Lodge nkuko Mayor Ndayisaba abitangaza “..twabaze ibyumba bishobora kwakira abashyitsi mu mujyi wa Kigali kugeza ku ma lodges, twarabaze dusanga dufite ibyumba 2,800 tubariyemo na lodges, mu gihe abashyitsi bamaze kwiyandikisha ari 2600 kandi na nubu abantu barakiyandikisha.” Hazifashishwa kandi amazu y’abantu ku giti cyabo azifashishwa mu gukodesha, azakodesherezwa n’ibigo bikorera ino aha bizaba bifite abashyitsi bo ku rwego rwa Afrika muri iyi nama, bityo aba bakaba batari mu mubare w’abateganyirijwe amacumbi mu mahoteri.

Mayor NDAYISABA asanga hakenewe gushyiramo imbaraga nyinshi n’ubufatanye n’abatuye Umujyi wa Kigali kugira ngo abashyitsi igihugu kizakira bazatahane akanyamuneza, ati “Turasaba abo dushinzwe gukora mu ndiba y’urugwiro, kugira ngo twakira abashyitsi bacu neza, iyo wakira umushyitsi w’imena nk’uyu uritegura ukanategura.”

Tubibutse ko aba bashyitsi bazitabira iyi nama, baje nyuma y’ukwezi kumwe n’igice u Rwanda rwakiriye abandi basaga bari bitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside u Rwanda rwakiriye ku nshuro ya 20.

Inkuru ya U Lambert

Previous Post

“Iyo ukunda igihugu cyawe ku musozi hagatemba isuri, urareba ariko kubera rwa rukundo ukabona ari ubuki” Theogene Kalinamaryo

Next Post

Yasezeranyije abantu ko atazica umugore we wa gatatu

Next Post

Yasezeranyije abantu ko atazica umugore we wa gatatu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

NIGERIA: Boko Haram imaze gushyira hanze Videwo igaragaza amashusho y’abana b’abakobwa bashimuswe!

7 years ago

Yakatiwe gufungwa imyaka 5 azira gufata mushiki we ku ngufu.

7 years ago

Nubwo yatsinzwe, umutoza wa Alijeriya yahawe umugisha na Perezida Boutefilka

7 years ago

Impanuka Rwandex:Umuhanzi Riderman amaze gutabwa muri yombi akekwaho guteza impanuka muri iki gitondo(Reba Amafoto)

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In