Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Kuki nyuma y’ imyaka 20 Kayumba Nyamwasa ari bwo agiye gushinja Perezida KAGAME ihanurwa ry’Indege ya HABYARIMANA!

admin by admin
June 21, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Uwigeze kuba umugaba w’Ingabo z’u Rwanda nyuma akaza guhunga igihugu, Kayumba yatangarije Radiyo mpuzamahanga y’ Abafaransa (RFi) ko afite amakuru y’ uruhare rwa Perezida w’ u Rwanda mu guhanura indege y’uwari Perezida w’u Rwanda ndetse ko yiteguye kubibwira umucamanza w’ umufaransa ufite iyi dosiye.

Image_for_-2.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Nyamara ibi Kayumba Nyamwasa arabitangaza mu gihe u Rwanda na rwo rwashyizeho Komisiyo yakoze ubucukumbuzi ikaza kwemeza ko indege ya Habyarimana yahanuwe n’ intagondwa z’ abahutu zashakaga imbarutso yo kurangiza umugambi wa Jenoside bateguye igihe kinini. Mu kiganiro Perezida Kagame aherutse kugirana na Jeune Afrique yabajijwe ku byo Kayumba avuga ko yaba azi uwahanuye indege ya Habyarimana abasubiza ko bakwiye kubimubaza we ubivuga.

2012-06-21T182345Z_17430590_GM1E86M06CI01_RTRMADP_3_SAFRICA-RWANDA.jpg

Kayumba Nyamwasa ngo yiteguye gutanga ibimenyetso

Mu kwezi kwa gatatu 2012, umucamanza w’ umufaransa Marc Trévidic yari yashyizeho itsinda ryagombaga guhata ibibazo Kayumba uri mu buhungiro ariko kugeza magingo aya ntibirashoboka kuko basa n’ ababanje gutereganywa n’ abategetsi banyuranye ba Afurika y’ Epfo.

Uyu mucamanza kandi yanigeze gusaba ko Kayumba Nyamwasa yakoherezwa mu Bufaransa ariko na byo bikaba bitarashobotse. Ngo uyu mugabo ntazareka gukurikiranwa keretse igihe azaba yamaze kubazwa ku ihanurwa ry’ indege y’ uwahoze ari perezida w’ u Rwanda.

Leta yahaye ubuhungiro Kayumba Nyamwasa yo yanze kugira icyo itangaza ku bivugwa n’ u Bufaransa. Umuvugizi wa Minisiteri y’ ububanyi n’ amahanga ya Afurika y’ Epfo, Clayson Monyela yanze kugira icyo atangaza kuri ibi, aho yavuze ko byabazwa Minisiteri y’ ubutabera. Ubwo Minisitiri w’ ubutabera w’ u Bufaransa, Christiane Taubira yaherekezaga Perezida Hollande mu ruzinduko muri Afurika y’ Epfo, yabonanye na mugenzi we w’ ubutabera ; ariko na bwo inzego zihagarariye u Bufaransa zarinumiye zanga kugira icyo zitangaza umwaka urarenga.

Ku rundi ruhande nkuko tubikesha imirasire, Me Philippe Meilhac uburanira umuryango wa Habyarimana avuga ko Kayumba ari umuntu wavugisha ukuri ko ari iby’ igiciro kumwumva. Kayumba avuga ko afite amakuru yagaragaza uruhare rwa perezida w’ u Rwanda mu ihanurwa ry’ indege ya Habyarimana.

Aya makuru akimenyekana yateye gushidikanya ku ruhande rwa sosiyete sivile no kwibaza impamvu Jenerali Kayumba yategereje imyaka 20 ngo abone gushinja perezida Kagame, dore ko ubu Kayumba ari umwe mu bakomeye barwanya ubutegetsi bw’ u Rwanda. Ikibazo cy’ ihanurwa ry’indege ya Habyarimana cyazanye agatotsi mu mubano w’ u Rwanda n’ u Bufaransa kuva mu mwaka wa 2006-2009, nyuma usa n’ ugarutse ku butegetsi bwa Sarkozy wongera gutokorwa ubwo Perezida Kagame yagarukaga ku ruhare rw’ iki gihugu muri jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, u Bufaransa bugasa n’ ubwivumbuye.

Ese kuki Kayumba ahisemo gutanga ubuhamya nyuma y’imyaka 20 ?

Kayumba wakatiwe n’Inkiko zo mu Rwanda kubera ibikorwa byo gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu, kuri ubu akaba anashinjwa gutera ibisasu mu gihugu imbere no kwifatanya n’imitwe irwanya Leta nka FDLR na FDU Inkingi, umuntu yakwibaza impamvu yifuza gutanga ubuhamya nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye , mu gihe nyamara nawe mbere y’uko ahunga igihugu yari ku rutonde rw’abashikishwa n’umucamaza w’umufaransa ku ruhare yaba yaragize mu ihanurwa ry’indege yari itwaye uwari Perezida w’u Rwanda.

Ibi bikaba bikomeje kwibazwa uburyo Kayumba akomeje kwifatanya n’abarwanya Leta y’u Rwanda banahungabanya umudendezo w’igihugu, bikaba bigeze naho ahisemo gutanga ubuhamya bw’ibyo yahakanaga yashinjwaga mbere.

Previous Post

Rusizi:Abana babiri bavutse bafatanye bahita bitaba Imana

Next Post

Abarokotse bo mu Murenge wa Muyira ntibishimiye na gato uburyo Imibiri hafi ibihumbi 50 ishyinguyemo nyuma y’imyaka 20.

Next Post

Abarokotse bo mu Murenge wa Muyira ntibishimiye na gato uburyo Imibiri hafi ibihumbi 50 ishyinguyemo nyuma y’imyaka 20.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

South Africa: umwanditsi w’ibitabo Nadine Gordimer yitabye Imana yujuje imyaka 90 y’amavuko

7 years ago

Uganda: Polisi y’ igihugu cya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi uwari ufite umugambi wo kwiturikirizaho igisasu.

7 years ago

Rihanna yiyamye Karrueche kutongera kuvuga izina rye mu rukundo rwe na Chris Brown

7 years ago

Kutitaba Inteko kwa Minisitiri w’intebe mu Nteko byateje impaka mu badepite

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In