Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Kutitaba Inteko kwa Minisitiri w’intebe mu Nteko byateje impaka mu badepite

admin by admin
July 22, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
1
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’intebe Dr.Pierre Damien Habumuremyi ku munota wa nyuma yatangaje ko atakitabye Inteko rusange Umutwe w’abadepite kubera gahunda zihutirwa zasabwe n’inzego nkuru z’igihugu, ibyo bikaba bitakiriwe neza na bamwe mu badepite bavugaga ko bibaye ubugira kabiri, bigaragara nko kudaha agaciro umurimo bakora.

habumuremyi.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Minisitiri w’intebe Dr.Pierre Damien Habumuremyi

Minisitiri Habumuremyi yari yitezwe mu Nteko Ishinga Amategeko/Umutwe w’abadepite kuri uyu wa kabiri tariki 22 Nyakanga , aho yagombaga kubazwa no gutanga ibisobanuromu magambo ku kibazo cyo kwimura bamwe mu baturage ku mpamvu z’inyungu rusange. Minisitiri w’Intebe akaba yamenyesheje abadepite ko ataraboneka abinyujije mu ibaruwa yavugaga ko hari izindi mpamvu zihutirwa agiyemo, abisabwe n’inzego nkuru z’igihugu.

Bakimara gusomerwa iyo baruwa, bamwe mu badepite bagaragaje kutishimira izo mpamvu bavuga ko bisa no kudaha agaciro umurimo abadepite bakora. Depite Mukamurangwa yagize ati: “Uru ni urwego rufite amategeko arugenga kandi asobanutse. Nibyo yatwandikiye ariko bajye bamenya ko Inteko ifite inshingano zayo kandi zigomba kubahirizwa.”

Nubwo hari abavugaga ko kutitabira kwa Minisitiri w’intebe kwatewe n’impanuka yabaye muri Gatsibo igahitana abantu 16, Depite Karemera we yavuze ko ibyo bitavuze ko igihugu kiri mu kaga ku buryo Minisitiri yahita asubika kwitaba Inteko. Akaba yavuze ko ubundi iyo Minisitiri yatumiwe n’inteko ntaboneke, ngo abimenyesha Perezida w’inteko mbere y’umunsi wagenwe.

Iyi ikaba ibaye incuro ya kabiri Minisitiri Pierre Damien Habumuremyi ataboneka mu Nteko kuri iki kibazo cy’abantu bimurwa ari nabyo bisa n’ibyababaje bamwe mu badepite dore ko uyu munsi ariwe wari warawihitiyemo. Icyakora hari abandi bavuze ko impamvu ze zishobora kuba zifite agaciro, nka Depite Kaboneka Francis wavuze ko ntacyo ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwakora kidafitiye inyungu abanyarwanda. Abandi bavuze ko no kuba yabamenyesheje akerewe bigaragaza uburyo ibyo agiyemo byihutirwa.

inteko.jpg

Nubwo Minisitiri atatanze impamvu zirambuye ku cyamubujije kuza, abadepite barangije bemeje ko yazatumirwa ku wundi munsi uzemerezwa mu nteko rusange.

Nyuma y’Inama y’inteko rusange, abadepite basohotse baganira mu matsinda hagati yabo wabonaga ko hari abatari bumva neza impamvu Minisitiri w’intebe yatanze, bagaragaza ko Minisitiri Habumuremyi asa nk’utahaye uru rwego nyubahirizategeko agaciro.

Tubibutse ko kwitaba Inteko y’abadepite biri muri nshingano z’Inteko Ishinga Amategeko zo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma.

Ferdinand M.

Previous Post

Uganda: 70% ntibakaraba intoki bavuye mu bwiherero.

Next Post

Nigeria: ku nshuro ya mbere perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan ahura n’ababyeyi b’abana bashimuswe na Boko Haram mu minsi 100 ishize.

Next Post

Nigeria: ku nshuro ya mbere perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan ahura n'ababyeyi b'abana bashimuswe na Boko Haram mu minsi 100 ishize.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Uganda ni yo ya mbere mu kunywa inzoga muri Afurika y’iburasirazuba

7 years ago

Impinduka kuri bamwe mu bayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda

7 years ago

IRAK: Impirimbanyi z’abaShia zerekanye intwaro mu karasisi zakoreye i Baghdad

7 years ago

Miliyoni 20 ku ndirimbo imwe ? Aya mafaranga Urban Boyz yayakuye he ?

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In