Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

“Nta mu motari uzongera guhohoterwa mu gihe ashyiraho cyangwa akuraho umugenzi mu Mujyi wa Kigali” DIGP Dan MUNYUZA

admin by admin
May 13, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abamotari bakomeje kwinubira abashyizwe umutekano mu makoperative yabo na Police ishinzwe umutekano mu muhanda ivuga ko ibahohotera mu gihe gihe bakuraho cyangwa bashyiraho abagenzi mu mihanda ya Kigali, Umuyobozi wungirije wa Polisi y’igihugu asanga badakwiye kuba yabizira.

DSC_0165.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Abamotari bitabiriye inama ku bwinshi

Mu nama yahuje Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali,ubuyobozi bwa polisi n’abatwara abagenzi kuri moto, abamotari bagaragaje ko bimwe mu bibazo bibangamiye ari uburyo abashyinzwe umutekano mu makoperative yabo babahohotera bitewe n’aho bahagaze bakuraho cyangwa bashyiraho abagenzi.

Kuri iki kibazo Umuyobozi wungirije wa Polisi DIGP Dan MUNYUZA asanga mu gihe umumotari ahagaze akuraho cyangwa ashyiraho umugenzi nta kibazo kirimo, “Guhagarara ukuraho cyangwa ugahagarara ushyiraho umugenzi nta kibazo gihari. Guhagarara aho wiboneye ukahagira stage (ukahatinda), ni byo bababuza” Dan Munyuza abwira abamotari.

DSC_0199.jpg

DIGP, Dan MUNYUZA aganira n’abamotari

Kuri iki kibazo, Umuyobozi wa Traffic Police CP Georges RUMANZI yasobanuriye abamotari ko icyo babujijwe ari ugugarara ahantu igihe kinini bategereje abava mu maguriro, kwa muganga cyangwa ku mashuri bategereje ko abantu baza bakajya kuri moto, nawe ashimangira ko ko ntawe uzabahohotera mu gihe bazaba bakuraho cyangwa bashyiraho umugenzi.

DSC_0123.jpg

CP RUMAZI G. Umuyobozi wa Traffic Police

Naho Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Assistant Comissioner Rogers Rutikanga asanga, iki babazo bababuza abamotari ari uguparika ahantu bakatinda bagakomeza bazenguruka, naho ubundi ngo nta cyo bitwaye guharara ukuraho cyangwa ushyiraho umugenzi.

DSC_0202.jpg

ACP R. Rogers, Umuyobozi wa Police mu Mujyi wa Kigali

Hagiye gushyirwaho ibiro bishinzwe ibibazo by’amamotari byihariye

Mu bindi, Umuyobozi wungirije wa Polisi, DIGP Munyuza yasabye ubuyobozi bwa Traffic Police, gushyiraho ibiro bya Polisi byihariye bishinzwe ibibazo by’abamotari gusa mu rwego rwo kubaha serivise zibakemurira ibibazo vuba . “Nagira ngo nsabe nako ni amabwiriza, ubuyobozi bwa Traffic habe ibiro bya polisi birebana n’ibibazo by’abamotari byihariye” Dan Munyuza.

Ibi byakiriwe neza n’abamotari, ndetse n’Umuyobozi wa Traffic Police CP Georges RUMANZI, ahita yemera ko ibi biro bigiye guhita bishyirwaho.

Abamotari bagaragaje kunyurwa no kwishimira ibiganiro bagiranye n’Ubuyobozi ndetse bemera ko bagiye gufatanya na Polisi kugaragaza bagenzi babo cyangwa abiyitirira umwuga wabo, batitarwara neza.

Inkuru ya u Lambert

photo: FURAHA Ambroise

Previous Post

Lt Joel MUTABAZI na bagenzi be bongeye kwitaba Urukiko, NSHIMIYIMANA Joseph baregwana yanze kuburana!

Next Post

Inzu ya Laboratoire ya KIST yaba igiye guhirima, itamaze kabiri!

Next Post

Inzu ya Laboratoire ya KIST yaba igiye guhirima, itamaze kabiri!

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

4 weeks ago

Nyuma y’imyaka 18, Monica Lewinsky agiye kwerura iby’ umubano we na Perezida Bill Clinton

7 years ago

Snoop Dogg yavuze ko yanywereye urumogi muri Perezidansi ya Amerika

7 years ago

Nigeria: ku nshuro ya mbere perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan ahura n’ababyeyi b’abana bashimuswe na Boko Haram mu minsi 100 ishize.

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In