Sunday, March 7, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Nubwo yoherejwe mu Rwanda, Jean Berchamas HABINSHUTI nta cyaha u Rwanda rumukurikiranaho cyatuma afungwa!

admin by admin
May 30, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
0
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

1297565248867_ORIGINAL.jpg

Nyuma yaho urukiko rwo muri Canada rufashe umwanzuro wo kwima ubuhungiro umunyarwanda HABINSHUTI Jean Berchamas, ndetse bugategeka ko ahita agarurwa mu Rwanda kuri uyu wa kane ushize, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko nta cyaha bumukurikiranaho cyatuma afungwa mu gihe azaba agejejwe mu Rwanda.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Mu kiganiro makuruki.com yagiranye n’umuvugizi w’ubushinjacyaha Bwana Alain Mukurarinda yadutangarije ko Jean Berchamas HABINSHUTI ikibazo yagize yakigiranye n’ibiro by’abinyijra n’abasohoka muri Canada, ko atari u Rwanda rwasabye ko yafatwa akoherezwa mu Rwanda.

aliaaa.jpg

Alain MUKURARINDA, Umuvugizi w’ubushinjacyaha

Tumubajije uko bizagenda nagera mu Rwanda Alain Mukuralinda yadusbije muri aya magambo “ Ikibazo afite ni ikibazo yagiranye na imigration ya Canada, ni ibintu bimureba ku giti cye, nta cyaha akurikiranyweho kuri twebwe, nagera ino aha yagombye kurerwa nk’umuturage usanzwe akajya mu buzima bwe, nta kindi kibazo gihari, haba kuri Gacaca cyangwa muri Parike”

Tumubajije ku kuba Habinshuti Jean Berchamas yarasabaga ubuhunzi muri Canada niba byo nta kibazo kirimo cyatuma akurikiranwa, yadusubije ko nta kibazo kibirimo kereka yaravuze amagambo agize icyaha, naho ubuhunzi ni ibimureba ku giti cye.

HABINSHUTI Jean Berchamas yimwe ubuhungiro mu gihugu cya Canada ku mpamvu z’uko yari umujyanama wa Minisitiri w’Intebe UWIRINGIYIMANA Agatha, kandi Leta ya Canada ikaba itemerera abahoze mu buyobozi bukuru bwa Leta mbere ya Jenoside mu Rwanda kuba batura murti iki gihugu.

Uyu mugabo wahoze mu Ishyaka rya MDR akaba yarabaye umudepite mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2000-2003. Nyuma yaho MDR ikuriweho yinjiye mu Ishyaka rya PL, kuko anagaragara ku rutonde rw’abakandida depite b’iri Shyaka mu matora ya 2003 aho yari ku mwanya wa 21, ndetse no mu mwaka wa 2008 yagarutse kuri uru rutonde rw’abakandida depite b’iri shyaka rya PL ku mwanya wa 18.

Jean Berchamas HABINSHUTI kandi ni umwe mu bari mu nyangamugayo z’Inkiko Gacaca mu Kagari ka Rukiri ya 2 mu Murenge wa Remera Akarere ka Gasabo, aho yari atuye. Umuryango we ukaba uba muri Canada , aho yari yarawusanze mu mwaka wa 2011. Nkuko Umuvugizi w’ubushinjacyaha Alain MUKURARINDA yabishimangiye nta cyaha na kimwe akurikiranweho mu Rwanda.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, twari tutaramenya niba HABINSHUTI Jean Berchamas yagejejwe mu Rwanda, Mukurarinda akaba nawe yatubwiraga ko amakuru yo kuba yagejejwe ino ntacyo ayaziho kuko nta dossier ye bafite yatuma babikurikirana.

Previous Post

Yiyambitse ubusa ajya mu muhanda mu rwego rwo kwamagana urubuga rwa Instagram

Next Post

Umugabo yimanitse mu kagozi nyuma y’uko asanze inshuti ye y’umugore iryamanye n’undi mugabo

Next Post

Umugabo yimanitse mu kagozi nyuma y’uko asanze inshuti ye y’umugore iryamanye n’undi mugabo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Umunyamakuru RUKIZANGABO SHAMI Aloys, Week End ishize isize ari umugabo wemewe n’amategeko (DORE UKO BYARI BYIFASHE)

7 years ago

Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrika zakoranye Umuganda n’abaturage

7 years ago

“Africa dushaka ibirenze kuramuka, dushaka ibirenze kuva mu bukene” Perezida Kagame

7 years ago

Nyuma y’imyaka 18, Monica Lewinsky agiye kwerura iby’ umubano we na Perezida Bill Clinton

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In