Monday, March 8, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

Perezida Kagame yagize icyo abwira abamunenga barimo n’abataragera mu Rwanda

admin by admin
May 2, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro Perezida Kagame aherutse kugirira i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asubiza ibibazo bijyanye n’abamunenga yavuze ko atazacibwa intege n’abanyamakuru cyangwa abavuga ko baharanira uburenganzira bwa muntu bakomunenga ahubwo ko azakomeza guha Abanyarwanda serivisi za ngombwa.

14060765574_c6a42daaf2_z-3b852.jpg

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Perezida Kagame yagize ati “Niba udashaka kunengwa, ceceka, wigira icyo ukora kandi ntukagire n’icyo uba. Abantu bazavuga ariko mfite umurimo wo gukora ; uwo murimo ni uguha Abanyarwanda umutekano, iterambere n’amahirwe (Opportunity).”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko Abanyarwanda ari bo bazamucira urubanza rutandukanye n’abamuvuga barimo n’abanyamakuru bavuga u Rwanda bamenye ari uko bifashishije murandasi (Internet).

Ati “Abanyarwanda bazanshira urubanza bitandukanye n’abanyamakuru batigeze na rimwe banasura u Rwanda ahubwo icyo bazi gusa ni igihugu bamenya babanje kwifashisha murandasi. Ikibazo ni abana bacu biga neza ? Ese abaturage bacu baravurwa ? Bongererwa ubumenyi kandi banahabwa ijambo ?”

Iki kiganiro cyabaye kuwa Mbere kikaba cyarayobowe na Ambasaderi Pierre Prosper, wahoze ashinzwe ibyaha by’intambara i Los Angeles muri USA.

Pierre Prosper yashimye Perezida Kagame avuga ko amufata nk’intwari ati “Uyu muperezida ni intwari iyo witegereje aho yagejeje igihugu mu iterambere ry’ejo hazaza ndetse no guhagarika Jenoside.”

Muri icyo kiganiro kandi Perezida Kagame yanagarutse kuri Jenoside ndetse no ku nkunga z’amahanga.

Avuga ku nkunga z’amahanga Kagame yemeje ko ntawuzanze ariko zigomba kuza zishimangira Kwigira

Ati “Twemera ubufasha, turabukeneye ariko nitwe tugomba kuba mu mwanya wo kubaka igihugu cyacu. Nitwe tuzatekereza ikigomba gukorwa kandi tugafatanya n’inshuti n’abafatanyabikorwa. Nitwe tugomba kumenya ejo hacu hazaza.”

Mu bihe byahise byakunze kugaragara ko inkunga z’amahanga zagiye zitangwa ariko banyiri ukuzitanga bakazifashisha nk’igikoresho cya politiki nk’uko byakunze kugaragazwa n’abayobozi b’u Rwanda.

Kuva aho ibyo bigaragariye u Rwanda rwafashe umwanzuro wo guharanira kwigira hagamijwe kurwanya kubuzwa ubwigenge n’ubwisanzure bitewe n’inkunga z’amahanga.

Mu gihe cyashize kandi ibihugu bitandukanye byahagarikiye inkunga u Rwanda ; hahita hashyirwaho ikigega Agaciro Development Fund nacyo kiri muri gahunda yo kwigira udategereje akaza imahanga.

Perezida Kagame mu kiganiro cye yanavuze ko ubu u Rwanda rwabaye igihugu cy’icyizere n’agaciro.

src/Igihe

Previous Post

MU MAFOTO: Uko byari byifashe mu Mujyi wa Kigali k’umunsi w’Umurimo!

Next Post

PGGSS IV: Jay Polly na Senderi umwe arasaba undi kumurekera igikombe.

Next Post

PGGSS IV: Jay Polly na Senderi umwe arasaba undi kumurekera igikombe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Filimi z’ubusambanyi ku karubanda mu mujyi wa Kigali, abakobwa b’abanyarwanda, abastar b’izo Filimi!

7 years ago

Florida: Umwana w’imyaka 8 y’amavuko yabyaje nyina

7 years ago

Perezida Kagame yakiriye Tony Adams wamushyikirije impano yagenewe na Arsenal FC

7 years ago

Intwarane za Yezu na Mariya zirakeka ko amagambo yavuzwe na mugenzi wazo mu cyongereza ariyo azihejeje mu buroko

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In