Saturday, February 27, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Politiki

“Urusaku rw’ imiyugira ntawe rukwiye kurangaza, ntiwata urugo rwawe i Burayi ngo uze kuyobora abanyarwanda” Fidele NDAYISABA

admin by admin
June 17, 2014
in Politiki
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’ Umujyi wa Kigali ubwo yasuraga abaturage b’ umurenge wa Jabana yabasabye kwima amatwi ibihuha, cyane cyane iby’ abirirwa basakuza nk’ imiyugira, ko bakwiye kubima amatwi ahubwo bakumva urusaku rubaye rwinshi bagahungura uwo muyugira kugirango bikomereza ibikorwa bibateza imbere, kuko ntacyo wakora ngo ukigereho igihe udafite amahoro n’ umutekano.

DSC_0964.jpg

Mu ijambo rye yagejeje ku batuye i Jabana yababwiye ko umutekano w’ abanyarwanda ari ikintu cy’ agaciro ko bagomba kuwukomeraho kuko abanyarwanda bazi neza igihe igihugu cyabuze umutekano n’ amahoro aho byategejeje.

Ibyo rero ngo tugomba kubigeraho twirinda ibihuha biri hanze aha, aho usanga abashaka gusenya igihugu birirwa basakuza nyamara n’ ubwo basakuza ntacyo bageraho, urwo rusaku rwabo rero ntirukwiye kugira umunyarwana rurangaza ahubwo abanyarwanda bakwiye kwima amatwi urwo rusaku bakikomereza gahunda zabo.

“Aho mujya mwumva imiyugira iduhira hirya no hino ibintu byinshi cyaneee, umuyugira nta rubori uba ugifite ntushobora kukuruma. Umuyugira ni uruyuki rwataye urubori, rurangwa no gusakuza cyane, iyo uruyuki rwabaye umuyugira ntago rutanga ubuki, nta mumaro, cyokora cyo rurasakuza cyane. Umunyarwanda wibereye muri gahunda ze ntakwiye kurangazwa n’ umuyugira, igihe umuyugira uduhiriye uwima amatwi wakumva wakurambiye n’ urusaku ugahungura, iyo uwuhamije ugwa iriya ugataraka ugakumbagara , wowe ukikomereza gahunda zawe, ugakomeza urugendo”. Fidele Ndayisaba.

DSC_1020-3.jpg

Fidele Ndayisaba ubwo yari i Jabana

Yakomeja avuga ko yizeye ko abanyarwanda bazi ibibafitiye akamaro bityo bakwiye kwima amatwi abirirwa baduhira, basakuza hirya no hino ku ma radiyo n’ ahandika iby’ imiyugira tukabyima amaso ahubwo tukikomereza gahunda zacu zo gutera imbere ndetse n’ umuyugira washaka kuguhunahunaho ukawuhungura.

“Hari abajya baza kwigisha amacakubiri , ukumva amaradiyo agasakuza ngo hari abagize icyo babazwa,none se wowe uraza gutesha abantu igihe, ubwo uba wabaye umuyugira baba baguhunguye. Ba bagore mwujya mwumva bata ingo zabo i Burayi bakaza kuvuga ngo,… wowe utaye urugo rwawe ngo uraza kuyobora abanyarwanda, wananiwe urugo rwawe urutaye iyo ngiyo, wabanje ugatahura n’ urugo rwawe ukarushyira mu Rwanda mbere yo kujijisha abantu. abanyarwanda ntago ari aba gutoragurwa n’ uwataye urugo.” Fidele Ndayisaba.

Ese Mayor Fidele NDAYISABA ni nde yaba yarashatse gutunga urutoki?

Nyamara n’ubwo uyu muyobozi atigeze yerura ngo amuvuge izina ry’uwo yashakaga kuvuga ko adakwiye kuba yayobora abanyarwanda, benshi mu bakurikiranye ijambo ry’uyu muyobozi bahamya ko uwatunzwe urutoki n’uyu muyobozi w’Umujyi ko ari Ingabire Victoire umukuru w’Ishyaka FDU Inkingi wavuye I Burayi asize umuryango we, aje kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri ubu akaba ari mu buruko kubera ibyaha akurikiranyweho, ndetse n’ abandi birirwa bavuga ku maradiyo no mu binyamakuru biha Kunenga abayobozi b’ u Rwanda.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021

“Gitifu warashwe; igisambo gikorana n’umwanzi!” Guverineri BOSENIBAMWE

August 4, 2014

Victoire-Ingabire-outside-008.jpg

Victoire Ingabire,

Uru rugendo rw’ Umuyobozi w’ Umujyi wa Kigali akaba yararukoze mu rwego rwo gusura abaturage no kureba ko ibikorwa by’ amajyambere banagenerwa bibageraho.

Inkuru bijyanye kanda hano usomye ibyaranze uregendo rwa Meya NDayisaba mu Murenge wa Jabana

Previous Post

Paul GITWAZA ngo yaba yiteguye no gupfa ariko akagarura abanyamurenge ku ivuko nkuko Musa wo muri Bibiliya yabigenje!

Next Post

KIGALI: Imodoka ebyiri zibwe muri gihugu cya Kenya zikagurishwa mu Rwanda, zashyikirijwe Polisi y’Icyo gihugu

Next Post

KIGALI: Imodoka ebyiri zibwe muri gihugu cya Kenya zikagurishwa mu Rwanda, zashyikirijwe Polisi y’Icyo gihugu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Abantu barakangurirwa gusuhuzanya bahana Chance(censi) aho guhana ibiganza

7 years ago

Kubera ibiciro by’ubutaka bihanitse mu mijyi, imijyi ishobora kuzabura abayituramo

7 years ago

U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri Raporo ya ya Maina Kiai

7 years ago

Kubaka Izina si umukino! (Igice cya mbere)

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In