Thursday, March 4, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact
Makuruki
  • Home
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politiki
  • UBUKUNGU
  • Umurimo
  • Login
No Result
View All Result
Makuruki
Home Umurimo

Ingagi zikomeje kuba isoko y’ubukungu ku banyarwanda nyamara ngo hari abo inyungu zitarageraho

admin by admin
July 29, 2014
in Umurimo
0
0
SHARES
2
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rukomeje kumenyekana ku isi hose, abakerarugendo buri munsi baturutse imihanda yose baje kureba ibiremwa bidakunze kuboneka henshi byitwa ingagi, bituje mu majyaruguru y’igihugu mu gace k’ibirunga mu Kinigi.Ubu u Rwanda rwemeza ko ingagi ari imwe mu masoko igihugu kivomamo amafaranga menshi aturuka ku bakererugendo.

ing.jpg

Related posts

Expo Rwanda 2014 yafunguwe ku mugaragaro!

July 24, 2014

Perezida Kagame yemeje imishahara mishya y’abayobozi bakuru b’igihugu

July 18, 2014

Ingagi mu birunga by’u Rwanda

Ibi kandi bigaragarira mu bikorwa bitandukanye by’iterambere byagiye bigerwaho kubera amafaranga yavuye muri ubwo bukerarugendo.Kuva mu mwaka wa 2006 kugeza 2013 u Rwanda rwakiriye abakerarugendo basaga miliyoni, hakusanywa amafaranga agera kuri miliyoni 75 z’amadolari yose avuye mu bukerarugendo bukorerwa muri pariki nkuru z’igihugu.Muri ayo mafaranga yose 85 % yayo ni ayavuye mu bukerarugendo bukorerwa mu Kinigi, ahari ingagi zigera kuri 500.

Kuva muri 2005 Guverinoma yashyizeho gahunda yo gusangiza abaturage ibyiza biva mu bukerarugendo aho 5% by’amafaranga ava mu bukerarugendo akoreshwa mu mishinga ifitiye abaturage akamaro.Kuva muri 2005 hatanzwe miliyoni 1. 83 by’amadolari, akwirakwizwa mu mishinga 360 itandukanye mu gihugu kandi ifitiye abaturage akamaro.Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere cyemeza ko abantu 39,000 bagezweho n’inyungu z’ubukererugendo.

Abaturage begereye pariki y’ibirunga ahabarizwa ingagi bagenerwa 40% by’amafaranga yagenewe ibikorwa rusange by’iterambere yavuye mu bukerarugendo, naho abaturage batuye hafi ya pariki ya Nyungwe no hafi ya pariki y’igihugu y’Akagera bagahabwa 30% by’ayo mafaranga.

Ibigo by’amashuri abanza 57 byarubatswe mu turere 13 dutandukanye mu gihugu, bikaba byigwamo n’abanyeshuri bagera ku 13,700.Hubatswe kandi ibigo nderabuzima 12 tutibagiwe amateme n’imihanda, byose biva ku bukerarugendo.

Soni_asura_umuryango_w_ingagi_wa_Sabyinyo.jpg

Sonia Rolland ubwo yasuraga ingagi mu Rwanda

Nyamara nubwo ibyo byose byakozwe, Jean d’Amour Habyarabatuma w’imyaka 35 , ufite umugore n’abana batatu, utuye mu Kinigi hafi ya pariki y’ibirunga avuga ko amaze imyaka 5 ayobora abakerarugendo ariko nta nyungu n’imwe arabikuramo usibye kubikora abikunze gusa.Ngo ntajya ahabwa umushahara nkuko abakozi ba pariki bawuhabwa cyangwa ngo abone ku mafaranga nkuko abandi baturiye pariki bayabona.Yatangarije ikinyamakuru The Guardian agira ati: “Natangiye gukora muri iyi pariki guhera muri 2009 ariko nta mafaranga ndabonamo nkuko abandi baturage bayabona.”

Habyarabatuma avuga ko yabibwiye abayobozi ba pariki incuro nyinshi ariko ntacyo bigeze bamumarira.Ngo udufaranga tumutunze adukura mu biraka akora byo gukuburira abaturanyi be.

Nyamara Console Nyirabatangana umupfakazi uturiye pariki y’Ibirunga avuga ko pariki yamuhinduriye ubuzima, akaba yanashoboye kwigurira isambu ya hegitari imwe ahingaho ibijumba.Ngo yanashoboye kurihira amashuri umukobwa we ariga ararangiza none ubu na we ni umwarimu.

U Rwanda rukomeje guteza imbere serivisi z’ubukerarugendo.Rukaba rwaranamenyekanye ku muhango rwatangije wo Kwita Izina abana b’ingagi bavutse mu rwego rwo kwerekana akamaro ingagi zifite mu bukungu bw’igihugu.

Ferdinand M.

Previous Post

Itangazo rigenewe abasomyi b’Ikinyamakuru MakuruKi.com!

Next Post

Kigali(AGASHYA):Umusore wigenderaga afashwe n’inkongi y’umuriro

Next Post

Kigali(AGASHYA):Umusore wigenderaga afashwe n'inkongi y'umuriro

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

RECOMMENDED NEWS

Abongereza ku muryango usohoka mu gikombe cy’ isi nyuma y’ ibitego bibiri bya Luis suarez!

7 years ago

ITANGAZO RY’IBYEMEZO BY’INAMA Y’ABAMINISITIRI YATERANIYE MURI VILLAGE URUGWIRO KUWA GATATU TARIKI YA 14.05.2014

7 years ago

Kuba SKOL na RAYON SPORTS FC batarasinya amasezerano byatewe na FERWAFA! Minisitiri MITALI yiyemeje gukurikirana iki kibazo!

7 years ago

Polisi y’u Rwanda yaguze imodoka nshya ishinzwe gutabara abahuye n’ibiza.

7 years ago

FOLLOW US

  • 81 Followers
  • 45.8k Followers

BROWSE BY CATEGORIES

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

POPULAR NEWS

  • Nyuma y’imyaka 64, mu Rwanda hongeye kuvumburwa ubwoko bw’ikinyabuzima cyari cyarazimiye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Mashami ashobora kuba yarasinyanye abasezerano na FERWAFA atazi icyo avuga.

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Yiyahuye amaze kumenya ko yaryamanye n’uwo bahuje amaraso

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Demba Ba yavunitse imvune yateye ubwoba abakunzi ba ruhago ku Isi nzima

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Minisitiri w’Intebe MUREKEZI Anastase amaze kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda ya Guverinoma nshya!

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
Makuruki

Tubagezaho amakuru asesenguye

Follow us on social media:

Recent News

  • Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari
  • Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone
  • DR.Congo: Thambwe Mwamba akekwaho kunyereza miliyoni $7

Category

  • IBINDI
  • IKORANABUHANGA
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • IYOBOKAMANA
  • MU MAHANGA
  • OPINIONS
  • POLITIKE Y'U RWANDA
  • Politiki
  • SERVICE
  • UBUKUNGU
  • UBUREZI
  • UBUTABERA
  • UBUZIMA
  • UMUJYI WA KIGALI
  • Umurimo
  • UMUTEKANO
  • Uncategorized
  • URUKUNDO
  • VIDEWO

Recent News

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano muke biri muri Afurika y’Ibiyaga bigari

February 4, 2021
Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

Lionel Mesi yeretswe ikarata itukura ya mbere kuva akinira Barcelone

February 3, 2021
  • About
  • Advertise
  • Careers
  • Contact

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Home

© 2021 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In