Dr. Frank Habineza yagejeje kandidatire muri NEC

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije “DGPR” akaba na Perezida waryo Dr Frank Habineza ku gicamunsi cyo kuwa 20 Gicurasi yagejeje muri Komisiyo y’igihugu y’amatora ibyangombwa bisabwa uwifuza kuba umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Dr Frank Habineza wageze ku biro bya NEC aherekejwe n’itsinda rigari ry’abarwanashyaka ba Green Party barimo na Senateri Mugisha; yakiriwe n’umuyobozi wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Oda Gasinzigwa.

Mu butumwa yabanje kunyuza kuri X Dr Frank Habineza yavuze ko atangiye urugendo rwo kugaragaza umuhate we mu guhindura u Rwanda yise ” igihugu cyacu cyiza”. Habineza ati “Dufatanije u Rwanda twarugira rwiza kurusha ho.”

- Advertisement -

Habineza Frank mu matora yo mu 2017 nabwo yari yahatanye nk’umukandida wari uhagarariye Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) yatowe n’abanyarwanda 32,701 bangana na 0.48%.

Urutonde ntakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza ruzatangazwa na Komisiyo y’igihugu y’amatora kuwa 14 Kamena.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:47 am, Oct 18, 2024
temperature icon 16°C
light rain
Humidity 100 %
Pressure 1015 mb
Wind 10 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:39 am
Sunset Sunset: 5:49 pm

Inkuru Zikunzwe