U Rwanda na Singapore bamurikiye UN igitabo ku bwenge buhangano

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Ku cyumweru taliki 22 mu nama y’umuryango w’abibumbye iri kubera i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika, u Rwanda na Singapore bamurikiye hamwe igitabo cyerekana uruhare rw’ubenge buhangano mu guteza imbere ibihugu bito.

Ni igitabo cyibanda ku mikorwahwreze y’iri koranabuhanga mu muryango w’ibihugu bifite ubuso buto uzwi nka Forum of Small States.

Ubwo yamurikiraga icyi gitabo abitabiriye inama y’umuryango w’abibumbye yiga ku hazaza iri kubera i New York Summit of the Future (SOTF) Minisitiri w’ikoranabuhanga wa Singapore Josephine Teo yagaragaje ko ibikubiye muri icyi gitabo aribyo bigize ahazaza h’ikoranabuhanga ku isi.

- Advertisement -

Icyi gitabo cyateguwe ku bufatanye bw’ikigo giteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho muri Singapore (IMDA) na Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yo mu Rwanda.

Ibihugu bifite ubuso buto bigaragaza ko bisangiye imbogamizi zo kugira amikoro macye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga. Kutagira impano zizamurwa mu bumenyi bw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri gahunda za Leta.

Minisitiri Teo yagaragaje ko icyi gitabo gikubiyemo ibisubizo byafasha ibihugu bito gukemura imbogamizi zisangiwe.

Abari muri iyi nama y’umuryango w’abibumbye yiga ku hazaza h’isi I New York bagaragaje ko ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rikomeza kugenda rizamuka ndetse ari byiza ko ubumenyi buzagenda busangirwa ku rwego mpuzamahanga.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
10:31 am, Oct 18, 2024
temperature icon 20°C
light rain
Humidity 83 %
Pressure 1014 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:39 am
Sunset Sunset: 5:49 pm

Inkuru Zikunzwe