U Rwanda rwohereje muri ku isoko rya Afurika ibicuruzwa bikomatanyije

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

U Rwanda rwatangije gahunda yihariye yo kohereza mu mahanga ibicuruzwa bihurijwe hamwe, binyuze mu masezerano ashyiraho Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA).

Ni gahunda yatangijwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, i Kanombe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Ku ikubitiro, umuzigo upima ibilo 900 ugizwe n’ikawa, icyayi, ubuki n’ibikomoka kuri avoka ni byo byoherejwe muri Ghana, gucuruzwa muri Afurika y’Iburengerazuba.

- Advertisement -

Amasezerano y’Isoko Rusange rya Afurika, African Continental Free Trade Area (AfCFTA). Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali muri Werurwe 2018, mu Nama idasanzwe y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yemezwa muri Mata umwaka wakurikiyeho 2019 nyuma y’uko ibihugu 22 byari bikenewe bimaze kuyemeza burundu.

Amasezerano ashyiraho iri soko avuga ko ibicuruzwa 90% bizakurirwaho imisoro mu gihe biri gucuruzwa hagati y’Umugabane wa Afurika kandi byahakorewe, intego igomba kuzaba yagezweho nibura mu mwaka wa 2034.

Icyo gihe, Afurika izaba ituwe na miliyari 1.8 z’abantu, bavuye kuri miliyari 1,3 .

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:41 am, Sep 29, 2024
temperature icon 18°C
broken clouds
Humidity 77 %
Pressure 1012 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:46 am
Sunset Sunset: 5:53 pm

Inkuru Zikunzwe