Gen Kabarebe yacyeje ubwami bwa Maroc

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ububanyi n’amahanga Gen Rtd James Kabarebe yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 25 Umwami wa Mohammed wa 5 amaze ku ngoma muri Marroc.

Muri ibi birori byitabiriwe n’abanya Marroc baba mu Rwanda Gen Kabarebe yifurije ubwami bwa Maroc kuramba, Ubuzima buriza umuze n’uburumbuke. Gen Kabarebe yagaragaje ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti ya Maroc Kandi ko uyu mubano uzakomeza.

Ni ibirori byitabiriwe n’abanya – Marroc baba mu Rwanda

U Rwanda na Maroc bisanzwe bifitanye umubano mwiza ndetse mu ntangiro z’uku kwezi kwa Nyakanga Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwo gufata mu mugongo Umwami Muhammed wa VI wari wapfushije umubyeyi we.

- Advertisement -

U Rwanda na Maroc Kandi bisanzwe byarasinyanye amasezerano arimo ay’ubufatanye mu by’ishoramari Aho abashoramari b’abanya- Maroc benshi bamaze gushora imari mu Rwanda barimo abari mu nzego z’inganda n’ubuzima.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:35 am, Oct 29, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 82 %
Pressure 1012 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:38 am
Sunset Sunset: 5:48 pm

Inkuru Zikunzwe