Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique zakiriye ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Ni ubutumwa buzishimira akazi zimaze gukora ko kugarura amahoro mu gice cyari cyarigaruriwe n’abarwanyi b’imitwe y’iterabwoba.

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wari kumwe na mugenzi we wa Mozambique, Maj Gen Alberto Diago Nampele, basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu duce twa Mocimboa da Praia na Palma mu Ntara ya Cabo Delgado.

Inzego z’Umutekano ziri muri Mozambique zakuranye ibyishimo ubu butumwa bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda wazimenyesheje ko azishimira umuhate zikorana inshingano. Ibi bikagaragazwa n’ibyo izi ngabo zimaze kugeraho mu kurwanya imitwe y’iterabwoba muri Cabo Delgado.

- Advertisement -

Intara ya Cabo Delgado iherereye mu majyaruguru y’igihugu cya Mozambique, iri ku birometero birenga 1600 kuva ku mugwa mukuru Maputo, ikaba ituwe n’abaturage barenga Miliyoni 2.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
4:46 am, Sep 8, 2024
temperature icon 20°C
scattered clouds
Humidity 73 %
Pressure 1016 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:54 am
Sunset Sunset: 6:00 pm

Inkuru Zikunzwe