Perezida Kagame yaganiriye na Ruto ku mutekano w’akarere 

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Kenya  William Ruto bahuriye Dubai bagirana ibiganiro byibanze ku ishoramari hagati y’ibihugu byombi ndetse n’umutekano w’akarere.

Aba bakuru b’ibihugu bahuriye I Dubai muri Leta zunze ubumwe z’abarabu ahari kubera inama y’abakuru baza Guverinoma ku Isi hose.

Perezida Ruto abinyujije kuri X  yavuze ko u Rwanda na Kenya bihuje indangagaciro mu bucuruzi ndetse n’ishoramari nk’ibihugu bihuriye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse no ku mugabane wa Afurika.

Yavuze ko yishimiye guhura na  Perezida  Kagame w’u Rwanda ati” twaganiriye ku ishoramari  hagati y’ibihugu byacu, amahoro mu karere ndetse n’umutekano.”

Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba kugarijwe n’umutekano mucye mu burasirazuba bwa DR Congo  ahakomeje intambara ihuza abarwanyi ba M23 barwanya leta y’iki gihugu.

Ingabo z’Uburasirazuba zoherejwe kugarura amahoro ziyobowe na Kenya zirukanywe na leta ya DR Congo izishinja kutarwanya uyu mutwe uzisimbuza ingabo za SADC ibintu abasesenguzi bavuga byababaje bimwe mu bihugu bigize EAC.

 

 

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:43 am, Jul 27, 2024
temperature icon 21°C
scattered clouds
Humidity 40 %
Pressure 1014 mb
Wind 0 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe