Kandida Mpayimana ngo natsinda umukozi azajya ahemberwa amasaha yakoze

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Ku munsi wa kabiri w’ibikorwa byo kwiyamamaza kuwanya w’umukuru w’igihugu, Umukandida wigenga Mpayimana Philipe yabwiye abaturage ba Kayonza ko natsinda amatora azagena uburyo bwo gukorera ku masaha Kandi umukozi agahembwa hagendewe ku masaha yakoze.

Mu kwiyamamaza kwe, Umukandida Mpayimana yibanze ku ngingo yo kuzamura ubukungu bw’Igihugu aho yabwiye abaturage b’i Kayonza ko ubukungu azabuzamura bishingiye ku kubara amasaha Umunyarwanda akora.

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe, yageze ku kibuga cy’umupira cya Nyamirama mu Karere ka Kayonza, aho akomereje ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.

- Advertisement -

Abaturage ba Kayonza bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza by’uyu mukandida kugira ngo bumve imigabo n’imigambi ye bizabafashe guhitamo ukwiye kubayobora.

Umukandida Mpayimana yemeza ko ubu afite icyizere cyo kubona amajwi menshi ndetse akaba yanatsinda amatora y’umukuru w’igihugu akurikije uko abaturage bumva ndetse bagasobanukirwa neza imigabo n’imigambi ye.

Mpayimana Philippe yaherekejwe n’umugore we n’abamufasha mu bikorwa byo kuzenguruka Igihugu asanga Abanyarwanda aho bari, akabagezaho imigabo n’imigambi, ari nako abasaba kuzamutora mu matora ateganyijwe hagati ya tariki 14-16 Nyakanga 2024.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:25 am, Sep 29, 2024
temperature icon 21°C
light rain
Humidity 60 %
Pressure 1011 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 90%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:46 am
Sunset Sunset: 5:53 pm

Inkuru Zikunzwe