Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka zashoje amasomo arimo imipangire y’urugamba

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Iyi myitozo yari imaze amezi atandatu yashojwe Kuri uyu wa Kabiri n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga.

Mu muhango wo gusoza iyi myitozo ya gisirikare y’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, yabereye mu Kigo cy’imyitozo cya Gisirikare cya Gabiro. Gen Muganga yibukije aba basirikare ko intego ya mbere y’igisirikare cyitoje neza ari ukurinda ituze n’umutekano by’abaturage.

Nta mubare watangajwe ku rubuga rw’igisurikare cy’u Rwanda w’abasirikare bashoje iyi myitozo ihambaye. Irimo n’iyo kuyobora urugamba.

- Advertisement -
Nta mibare yatangajwe y’abasirikare bashoje aya masomo

Hatangajwe gusa ko mu byo batojwe harimo ubuhanga mu kurasa, amayeri ku rugamba, kuyobora urugamba, imyitozo yo kurwana hakoreshejwe amaboko, kumanukira muri kajugujugu n’ibindi bituma baba biteguye gutabara aho rukomeye.

Muri uyu muhango wo gusoza amasomo abasirikare bagaragaje ubuhanga mu byo batojwe haba mu myiyereko ndetse n’amayeri atandukanye y’imirwanire mu ntambara zo ku butaka. Hanahembwe kandi ababaye indashyikirwa muri aya masomo.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
6:34 pm, Sep 19, 2024
temperature icon 22°C
light rain
Humidity 56 %
Pressure 1009 mb
Wind 19 mph
Wind Gust Wind Gust: 30 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:50 am
Sunset Sunset: 5:56 pm

Inkuru Zikunzwe