Uruganda rwa Pfizer rwashimiye Perezida Kagame guteza imbere ubuvuzi

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Perezida Kagame yakiriye Dr. Albert Bourla, Umuyobozi Mukuru w’Uruganda rwa Pfizer rukora imiti n’inkingo, wamushyikirije ubutumwa bw’ishimwe.

Mu butumwa umuyobozi wa Pfizer yashyikirije Perezida Kagame bugira buti ” Mu rwego rwo guha agaciro ubuyobozi butagereranwa bwanyu, n’umuhate wanyu ngo abanyarwanda n’abatuye umugabane wa Afurika bagire ubuzima bwiza n’imibereho myiza, turagushimira ko wabaye umufatanyabikorwa mwiza mu ishingwa rya Accord for a Healthier World.”

Accord for A Healthier World ni umuryango udaharanira inyungu washinzwe n’uruganda rukora imiti n’inkingo rwa Phizer mu mwaka wa 2022. Ugamije gukuraho ubusumbane bw’abakire n’abakene muri serivisi z’ubuvuzi kugirango abaturage basaga Miliyari 1.2 bo mu bihugu bikennye 45 bagerweho n’ubuvuzi.

- Advertisement -

Baganiriye ku bufatanye mu gutuma abatuye Isi bagira ubuzima buzira umuze, binyuze mu kubagezaho serivisi z’ubuvuzi zinoze.

Dr. Albert Bourla n’itsinda ayoboye kandi barakomeza kugirana ibiganiro n’abo mu nzego z’ubuzima mu Rwanda bayobowe na Minisitiri w’ubuzima w’u Rwanda Dr Sabin Nsanzimana.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
6:14 pm, Sep 19, 2024
temperature icon 22°C
light rain
Humidity 56 %
Pressure 1008 mb
Wind 19 mph
Wind Gust Wind Gust: 30 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:50 am
Sunset Sunset: 5:56 pm

Inkuru Zikunzwe