Ibikorwa byo kwagura Gale ya Nyabugogo bizatangira umwaka utaha

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Kuri uyu wa Kabiri habaye ibiganiro byahuje Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’abakorera ubucuruzi muri iyi gare, abayobozi ba kompanyi zitwara abantu n’ibintu, n’abandi bafatanyabikorwa muri uyu mushinga, babereka ibiteganyijwe, bungurana ibitekerezo.

Muri ibi biganiro umujyi wa Kigali watangaje ko ugeze kure imyiteguro yo kwagura Gare ya Nyabugogo, aho biteganyijwe ko imirimo izatangira hagati mu mwaka utaha wa 2025 ikazarangira mu 2027.

Mu byagarutsweho muri ibi biganiro harimo ibice bimwe by’inkengero z’umujyi wa Kigali imodoka ziva mu ntara zizajya zisigamo abagenzi mbere yo kwinjira mu mujyi wa Kigali. Hagarutswe kandi ku mihanda izajya yifashishwa n’imodoka zitwara abantu n’ibintu mu mujyi wa Kigali.

- Advertisement -

Mu 1998 nibwo Gare ya Nyabugogo yafunguwe, itangira kuba ihuriro ry’imodoka zose ziva cyangwa zijya muri Kigali ndetse hajyenda hiyongeraho n’iziva cyangwa zijya mu mahanga.

Igitekerezo cyo kwagura iyi Gale cyatangiye kuvugwa mu mwaka wa 2017. Ndetse byakabaye byarakozwe mu 2018.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:20 am, Sep 8, 2024
temperature icon 20°C
scattered clouds
Humidity 64 %
Pressure 1015 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:54 am
Sunset Sunset: 6:00 pm

Inkuru Zikunzwe