Igikombe cy’Isi by’abavetera cyagombaga kubera mu Rwanda ntikikibaye

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere RDB rwatangaje   ko rwasheshe amasezerano na EasyGroup EXP  yateguraga igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari kuzabera mu Rwanda  muri Nzeri uyu mwaka.

RDB yatangaje ko aya masezerano yasheshwe ku bwumvikane bw’impande zombi  nyuma  yo kubigenzura neza ndetse ko iri rushanwa ritakibaye .

RDB kandi yavuze ko Visit Rwanda itazigera igaragara yabamamazwa  mu bindi bikorwa  by’iyi kampani itegura mu minsi iri imbere.

Ntabwo haramenyaka impamvu  nyamukuru yatumye    impande zombi zitumvikana bigatuma iki gikombe cy’Isi gikurwaho. Iki gikombe cy’Isi ni kimwe mu bikorwa binini byari biteganyijwe mu Rwanda muri uyu mwaka.

Abakinnyi bakanyujijeho  bakunzwe cyane  ku Isi  barenga 40 bayobowe na Ronaldinho, Patrcice Evra, Louis Saha, Oliva Kane, Edgar David, Jay Jay Okocha n’abandi bari baramaze gutangaza ko bazaba bari I Kigali gukina iri rushanwa.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
4:35 am, Jul 1, 2024
temperature icon 15°C
few clouds
Humidity 67 %
Pressure 1018 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 20%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:03 am
Sunset Sunset: 6:03 pm

Inkuru Zikunzwe