Inoti za 2,000 na 5,000 zahinduwe

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Iteka rya Perezida n° 073/01 ryo ku wa 29/08/20 ryamaze gusohoka mu igazeti ya Leta rishyiraho inoti nshya z’amafaranga y’u Rwanda 2000 n’amafaranga y’u Rwanda 5000.

Muri iri teka imiterere y’inoti za 2000 n’iza 5000 yahindutse.

Inoti nshya y’ibihumbi 5 yiganjemo ibara ry’ibihogo rijya gusa n’ibara rya roza mu gihe kandi iyo noti iriho igishushanyo kigaragaracy’inyubako « Kigali Convention Center » iri mu Mujyi wa Kigali. Iriho Kandi ishusho y’ingagi ihinduranya amabara, bitewe n’icyerekezo inoti ifatiwemo, iri mu ruhande rw’ibumoso bw’inyubako « Kigali Convention Center »

- Advertisement -

Inoti nshya y’amafaranga ibihumbi 2 igizwe n’ibara ry’umwura ucyeye. Ifite kandi igishushanyo kigaragara

cy’imisozi y’Ikiyaga cya
Kivu. Igaragara ho Kandi ishusho y’agaseke ihinduranya amabara, bitewe n’icyerekezo inoti ifatiwemo. Iyi shusho irimu ruhande rw’ibumoso hejuru y’ishusho y’imisozi y’Ikiyaga cya Kivu.

Iri teka rya Perezida rigaragaza ko izi noti nshya zombi zakozwe kuwa 28.06.2024. Izi noti nshya zo ziratangira gukoreshwa taliki 3.09.2024.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
11:58 pm, Sep 14, 2024
temperature icon 23°C
few clouds
Humidity 35 %
Pressure 1015 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 20%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:52 am
Sunset Sunset: 5:58 pm

Inkuru Zikunzwe