Intumwa za UN ziri mu Rwanda zashimye ubuhinzi butanga akazi kuri benshi

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Intumwa z’Umuryango w’abibumbye ziri mu Rwanda zasuye ahakorerwa ubuhinzi bugezweho bw’ibihumyo butanga umusaruro mwinshi, mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo. Izi ntumwa zashimye kuba ubu buhinzi buha abantu benshi akazi kandi mu buryo butandukanye.

Ubu buhinzi bwifashisha ikoranabuhanga rikenera gusa umurama n’ibisigazwa by’ibyatsi byo mu murima ngo ritange umusaruro nyuma y’iminsi 7. Mu mirimo yahanzwe muri ubu buhinzi harimo abakora imigina, abayitera, abayikirikirana kugeza yeze n’abongerera agaciro umusaruro w’ibihumyo.

Umuyobozi w’Ibiro by’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Earle Courtenay Rattray, ari na we uyoboye izi ntumwa, yashimye uko ibi bihumyo bikomeje kuba imbarutso yo kwiteza imbere kuri bamwe mu Banyarwanda.

- Advertisement -

Bifite isoko ahantu hatandukanye haba imbere mu Gihugu no hanze yacyo kandi binakungahaye ku ntungamubiri ndetse ni ubuhinzi butanga akazi kuri benshi binyuze mu ruhererekane rw’ababubarizwamo kugeza ku isoko aho bitegurirwamo amafunguro mu ngo no mu mahoteli.

Abahinzi b’ibihumyo bagaragarije izinntumwa z’uruhererekane nyongeragaciro rw’ibihumyo. Bagaragarije izi ntumwa uburyo butandukanye bwo kurya ibi bihumyo ndetse no kubyongerera agaciro ku isoko.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
3:58 am, Sep 19, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 77 %
Pressure 1011 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:50 am
Sunset Sunset: 5:56 pm

Inkuru Zikunzwe