“Kuba amajwi yagabanutse ntibivuze ko ubushobozi bwagabanutse” Mpayimana Philipe

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Umukandida Perezida ku mwanya w’umukuru w’igihugu Philipe Mpayimana yatangaje ko Icyamuteye kwiyamamaza n’ubwo atatsinze ariko yakigezeho. Asaba abanyarwanda kutumva ko kuba amajwi yari yagize mu 2017 yaragabanutse bidasobanuye ko ubushobozi bwe bwagabanutse.

Mpayimana Philipe wari wagize amajwi 0.73% mu mwaka wa 2017 muri aya matora yo mu 2024 amajwi yibanze yatangajwe ko yagize 0.32%.

Yagize ati “Njyewe icyo nifuzaga ni uko abanyarwanda bagira uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bwabo, ibijyanye n’umubare w’amajwi ndetse n’umubare w’abazaga muri campaign zanjye ntabwo mbitindaho. Icy’ingenzi ni uko twebwe turi abanyarwanda bashoboye gutanga uruhare mu buyobozi, kuba wenda amajwi yagabanuka ugereranije n’ayo wenda nari nagize mu myaka 7 ishize ntabwo bisobanuye ko ubushobozi bwanjye bwagabanutse”.

- Advertisement -

Mpayimana Philipe yavuze ko icyo abanyarwanda bemeje nawe yemera kukigendamo nk’icyerekezo cya Demokarasi y’u Rwanda.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
10:55 am, Aug 23, 2024
temperature icon 25°C
scattered clouds
Humidity 38 %
Pressure 1013 mb
Wind 9 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:00 am
Sunset Sunset: 6:04 pm

Inkuru Zikunzwe