Liberia: Abayobozi bahamagariwe kwipimisha ibiyobyabwenge

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Perezida wa Liberia, Joseph Boakai, nyuma yo gupimwa bagasanga nta biyobyabwenge akoresha, yahamagariye abayobozi bose b’igihugu kwipimisha ngo harebwe nabo ibisubizo byabo.

Ni igikorwa cyabaye tariki ya 07 Gashyantare 2024, aho Perezida Boakai yipimishije ibiyobyabwenge akaza gusangwa ari mutaraga nkuko yari yarabisezeranyije abadepite ko azabikora mu ijambo yagejeje ku nteko ishinga amategeko ku ya 29 Mutarama 2024, nyuma y’icyumweru kimwe arahiye.

Perezida Boakai yarikumwe na Visi-Perezida, Yeremiya Kpan Koung, n’abandi bayobozi, akaba ikizamini yakorewe cyagenzuwe na Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu. Avuga ko impamvu yibi ari uko agomba gusohoza umugambi wo kurwanya ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge rikomeje gufata intera muri Liberia, ndetse akaba yibukije n’abandi bayobozi ko iki gikorwa cyibareba.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:11 am, Jul 27, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 52 %
Pressure 1015 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe