nimuve mu mikino yo gushinjanya: Nyirasafari abuza Lukonde kwiriza mu nama barimo mu Busuwisi

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda Nyirasahafari Esperance  yabwiye Perezida wa Sena ya DR Congo  Sama Lukonde kureka kwiriza imbere y’abazungu mu nama barimo y’ihuriro ry’abagize inteko zishinga amategeko ku isi irimo kubera i Genève mu Busuwisi. 

Muri iyi nama Lukonde yavuze ko  igihugu cye kidatanga umusanzu cyifuza mu guteza imbere ubuhanga bugezweho bwa ‘Artificial Intelligence’ ngo  kubera ubushotoranyi no gusahurwa bashinja u Rwanda.

Abari mu nama bibajije aho ibyo avuga bihuriye bahise baha umwanya Nyirasafari Esiperance  Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda ngo agire icyo abivugaho.

Yavuze ko ubushake bucye bwa Politiki bwa leta ya congo ariwo muzi w’ibibazo Ati: “Impamvu y’ibibazo by’umutekano mucye muri DR Congo biva ku kubura ubushake bwa politike bwo gukemura impamvu-muzi z’ikibazo, hamwe no gufatanya gukomeje kwa leta ya DRC n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro by’umwihariko FDLR yahanwe na ONU irimo abahungiye muri DR Congo nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

“Ubwo bufatanye buhonyora uburenganzira bw’ibanze bw’Abatutsi b’Abanyecongo kandi bukomeje guteza akaga k’umutekano w’akarere.

Yongeraho ati: “Ikibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa DR Congo kigomba gukemurwa na leta yaho biciye mu biganiro aho guhitamo umukino wo gushinja abandi.”

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
2:26 am, Oct 16, 2024
temperature icon 19°C
scattered clouds
Humidity 77 %
Pressure 1014 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:40 am
Sunset Sunset: 5:49 pm

Inkuru Zikunzwe