Nta bwoba Benin iduteye :Munyatwari Alphonse

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Umuyobozi wa FERWAFA Munyantwari Alphonse yatangaje ko Amavubi afite ibisabwa byose ngo itsinde umukino afitanye na Benin kugirango abone amahirwe yo gusubira mu gikombe cya Afurika.

Ikipe y’igihugu Amavubi   kuri uyu wa mbere yakoze  imyitozo ya mbere Abidjan muri Cote d’Ivoire aho azakinira  , abakinnyi bose uko ari 22 bari  Abidjan bakoze imyitozo abatakoze ni abatarahagera  nta mukinnyi n’umwe ufite ikibazo cy’imvune cyangwa ikindi icyo aricyo cyose.

Imyitozo yakozwe yibanze kugutera mu izamu no kubaka umukino ariko biganisha kugushaka igitego mu buryo bwose , nyuma umutoza yakoze amakipe 2 barakina.

- Advertisement -

Nyuma y’imyitozo Munyarwari Alphonse uyobora FERWAFA  yavuze ko “ikipe imeze neza cyane  nta kibazo na kimwe dufite twahageze ku gihe dufite umwanya wo kwitoza nta mpungenge  izo aro zose dufite ikipe imeze neza.”

Munyatwari kandi abona Benin atari ikipe yatera ubwoba Amavubi ati”ntabwo bigaragara ko ari ikipe dufiye ubwoba intego ihari ni ukuyitsinda kandi ikipe iriteguye imeze neza, kuba twarahuye kenshi nta mpungenge biduteye.”

 

Rubanguka Steve, Bizimana Djihad na Biramahire Abbedy nibo bakinnyi batakoze imyitozo yo kuri uyu wa mbere kuko bari batarahagera ariko biteganyijwe ko bakora iyo kuri uyu wa gatatu kuko bose baraye bageze kuri hoteli ikipe ikambitsemo.

U Rwanda ruzakina na Benin kuwa gatanu tariki ya 11/10 saa kumi n’ebyiri zuzuye, amakipe yombi azamara gukina ahita afata indege aza I Kigali kuko bafitanye undi mukino tariki ya 15 kuri sitade Amahoro

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
2:25 am, Oct 16, 2024
temperature icon 19°C
scattered clouds
Humidity 77 %
Pressure 1014 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:40 am
Sunset Sunset: 5:49 pm

Inkuru Zikunzwe