Ruto yahawe kuyobora amavugurura ya AU asimbuye Kagame

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Perezida William Ruto wa Kenya yahawe inshingano zo kuyobora amavugurura y’inzego z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) asimbuye Paul Kagame wayatangije mu 2016.

Aya mavugurura agena uburyo bwo kuvugurura inzego za Komisiyo ya AU, amashami yayo n’imicungire ihamye ya Porogramu z’uyu muryango.

Muri raporo Perezida Kagame yashyikirije abakuru b’ibihugu bagenzi be, yagaragaje ko amavugurura yakozwe muri uyu muryango, yatumye ubu ukora neza kandi uhagaze neza mu rwego rw’ubukungu.

Ati “Intambwe ikomeye yaratewe. Muri make, ibintu by’ingenzi byari muri raporo nabagejejeho muri Mutarama 2017, byagezweho. Ndashimira Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, iyobowe na Moussa Faki hamwe n’itsinda rishinzwe amavugurura riyobowe na Professor Pierre Moukoko ku muhate wabo mu myaka umunani ishize.”

Mu byagezweho, harimo kubyutsa Ikigega kigamije gutera inkunga ibikorwa by’Amahoro, Peace Fund. Ati “Nibura miliyoni 400$ zarakusanyijwe. Nk’umusaruro wabyo, Akanama k’Umutekano ka Loni, gaherutse gutangaza ko kazatera inkunga ⅓ cy’ibikorwa by’amahoro ku nshuro ya mbere.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
6:03 am, Jul 27, 2024
temperature icon 17°C
scattered clouds
Humidity 59 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe