Soudan yateye utwatsi ibyo kwakira ingabo za UN

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani iyobowe na leta ya jenerali Abdel Fattah al-Burhan, yasohoye itangazo ku wa gatandatu rivuga ko guverinema ya Sudani yanze ku buryo budasubirwaho ibyasabwe n’intumwa z’umuryango w’Abibumbye.

Itsinda ry’impuguke z’ abashakashatsi b’Umuryango w’Abibumbye ryoherejwe muri Sudani ryatangaje kuwa gatanu ushize ko babonye ibikorwa biteye ubwoba bibangamiye uburenganzira bwa muntu bikorwa n’impande zombi z’abashyamiranye mu ntambara ibera muri iki gihugu.

Bavuze ko ibyo babonye bishobora kwita ibyaha by’intambara cyangwa ibyaha byibasiye inyoko muntu. Bahise basaba ko nta kuzuyaza Umuryango w’Abibumbye ukwiriye kohereza umutwe w’ingabo z’itagira aho zibogamiye ugahabwa inshingano zo kurinda abasivili.

- Advertisement -

Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Sudani iravuga ko komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu mu muryango w’Abibumbye yagombye gushyigikira imbaraga z’igihugu aho kuzana urundi ruhande mu kibazo gihari. Yamaganye kandi ubusabe bw’itsinda ry’impuguke zisaba ko yakomenyirizwa kugura intwaro.

Iyi ntambara yatangiye mu kwezi kwa kane umwaka ushize yahitanye abantu babarirwa mu bihumbi iteza ibibazo bishyira mu kaga ubuzima bwa benshi. Kubera iyi ntambara kandi Abantu barenga miliyoni 25 – icya kabiri cy’abatuye igihugu bafite ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:24 am, Sep 18, 2024
temperature icon 21°C
scattered clouds
Humidity 53 %
Pressure 1013 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:50 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe