U Burusiya bwafunze abahamya ba Yehova icyenda

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Abahamya ba Yehova icyenda mu Burusiya bakatiwe igifungo nyuma yo n’icyaha cy’ubuhezanguni, aho havumbuwe amajwi yabo bari gusenga kandi batabyemerewe. Abafunzwe bari hagati y’imyaka 35 na 72, bakatiwe imyaka hagati y’itatu n’irindwi.

Mu 2017 urukiko rw’Ikirenga rw’u Burusiya rwashyize abahamya ba Yehova mu rwego rw’abahezanguni, ndetse hahagarikwa amashami yabo 400 mu gihugu. Icyo gihe habarurwaga abahamya ba Yehova ibihumbi 175, bamwe barafashwe bahatwa ibibazo abandi barafungwa kuko hari ibyo batubahiriza.

Umunani mu bafunzwe bari bamaze imyaka irenga ibiri bafunzwe by’agateganyo. Ibyaha baregwaga byari bishingiye ku majwi yafashwe basenga kandi batabyemerewe. Mu cyumweru gishize hari undi muhamya wa Yehova wakatiwe imyaka umunani nyuma yo kubonwa asenga akoresheje iyakure [videoconference].

Iyobokamana ryo mu Burusiya ryihariwe n’itorero ry’aba- Orthodox ari naryo Putin yiyumvamo. Abakomeye muri iri torero bafata abahamya ba Yehova nk’abadashobotse kuko batemera kujya mu gisirikare n’izindi gahunda za leta. Abagera kuri 794 baciriwe imanza bazira ukwemera kwabo, uyu munsi abagifunze ni 128.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
10:52 am, Apr 27, 2024
temperature icon 22°C
broken clouds
Humidity 69 %
Pressure 1021 mb
Wind 9 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:58 pm

Inkuru Zikunzwe