Umunyarwanda yagizwe umuyobozi mukuru wa Simba Sport Club

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Uwayezu François Régis wari Vice Chairman wa APR FC yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Simba SC yo muri Tanzania. Akazatangira inshingano ku wa 1 Kanama 2024.

Uwayezu asimbuye uwari CEO wa Simba witwa Imani Kajula uherutse kwegura kuri izi nshingano.

Mu itangazo Simba sport club yashyize ahagaragara yagaragaje ko Uwayezu Francois Regis afite ubunararibonye buhagije bw’imyaka irenga 10 mu buyobozi bw’umupira ndetse n’impamyabushobozi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye no kuyobora imishinga.

- Advertisement -

Uwayezu Francois Regis wigeze kuba umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ubu yari umuyobozi wungirije wa APR FC.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:28 am, Sep 8, 2024
temperature icon 20°C
scattered clouds
Humidity 68 %
Pressure 1015 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:54 am
Sunset Sunset: 6:00 pm

Inkuru Zikunzwe