90% y’ibyo FPR yemereye abaturage byagezweho

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Komiseri ushinzwe Ubukangurambaga rusange muri FPR Inkotanyi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko ibyo uyu Muryango wemereye Abanyarwanda byagezweho ku kigero cya 90. Yagaragaje kandi ko aabanyarwanda bagize uruhare mu gutanga ibitekerezo bizashyirwa muri manifesto ya 2024-2029.

Ati “Bakurikijeho gahunda yo kwitorera umukandida uzabahagararira mu matora, Nyakubahwa Paul Kagame.’’

Komiseri Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yavuze hamaze gusohoka indirimbo zirenga 150 zamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi.

- Advertisement -

Ati “Ni abahanzi, hari n’abatari abahanzi biririmbira bahuye, bari nko mu muganda. Si twe twavuze ngo bamamaze mbere y’igihe.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza biteganijwe gutangira kuri uyu wa 22 Kamena. Umukandida wa FPR Inkotanyi akaba n’umukuru w’igihugu Paul Kagame aratangirira mu karere ka Musanze I Busogo.

Imitwe ya politiki umunani ni yo yemeje kuzashyigikira umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida.

Green Party yatanze umukandida wayo mu gihe PS Imberakuri yo nta mukandida yashyigikiye.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
2:07 am, Sep 20, 2024
temperature icon 18°C
moderate rain
Humidity 77 %
Pressure 1013 mb
Wind 7 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:49 am
Sunset Sunset: 5:56 pm

Inkuru Zikunzwe