Abanyeshuri bo muri Amerika bakiriwe na Minisitiri w’intebe

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Uyu munsi, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye abanyeshuri bo mu Ishuri rya Kent Denver ryo muri Leta ya Colorado, USA.

Bagize itsinda ry’inshuti z’u Rwanda bashinze mu ishuri ryabo hagamijwe kwiga ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda banatsura umubano n’urungano rwabo.

Aba banyeshuri bagiranye ibiganiro na Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard ndetse babona umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye ku miterere y’ubukungu bw’u Rwanda.

Aba banyeshuri basuye u Rwanda nyuma y’umunsi umwe Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yifatanyije n’abanyamerika baba mu Rwanda mu kwizihiza imyaka 248 Leta zunze ubumwe za Amerika zibonye ibwigenge.

Mu butumwa Minisitiri Nduhungirehe Olivier yagajeje ku bitabiriye ibi birori yabasabye kongera ubufatanye mu bucuruzi hagati y’u Rwanda na Leta zunze ubumwe za Amerika.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:23 am, Jul 3, 2024
temperature icon 18°C
few clouds
Humidity 48 %
Pressure 1015 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 20%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:03 am
Sunset Sunset: 6:04 pm

Inkuru Zikunzwe