Papa Francis yasubije Abasenyeri banze guha umugisha ababana bahuje ibitsina

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Papa Francis yavuze ko abasenyeri bo muri Afurika ari “urubanza rwihariye” ku bijyanye no kurwanya umwanzuro we wo kwemera guha imigisha ababana bahuje ibitsina.

Papa akomeza avuga ko nubwo bimeze bityo ariko buhoro buhoro abantu bose bazagenda bahumurizwa n’itangazo rya Kiliziya.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru cyo mu Butaliyani, Papa yavuze ko abayobozi b’amatorero yo muri Afurika n’abayoboke babo bareba kuryamana kw’abahuje ibitsina mu ndorerwamo y’umuco bigatuma babifata nk’ikintu kibi.

Yakomeje avuga ko adahangayikishijwe n’abayoboke ba Kiliziya Gatolika bakomeje kwitandukanya n’icyemezo cye, avuga ko amacakubiri akomeje kugaragara muri Gatolika ayobowe nicyo we yise “udutsiko duto tw’ingengabitekerezo.”

 

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:14 am, Jul 27, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 52 %
Pressure 1015 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe