Kigali igiye kwakira iserukiramuco mpuzamahanga ryiswe “Kigali Triennial”

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko hagiye kuba iserukiramuco mpuzamahanga rya “Kigali Triennial,” rizabera mu Rwanda kuva ku ya 16 kugeza ku ya 25 Gashyantare 2024.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yatangaje ko yishimiye kwakira iri serukiramuco rigamije guteza imbere ubufatanye bw’Isi yose mu buhanzi.

Ati “Twishimiye guha ikaze iri serukiramuco mu mujyi wacu mwiza. Turashishikariza abaturage bose kuryitabira cyane, kuko hazaba gahunda nyinshi zita ku nyungu zitandukanye.”

Ni ku nshuro ya mbere mu Rwanda hazaba habereye ibirori nk’ibi by’umuco bya “Kigali Triennial”, bizahuza abahanzi barenga 300 baturutse mu bihugu 25 ku isi. Iri serukiramuco rizaberamo ibitaramo birenga 60, harimo abahanzi batandukanye bazigaragaza ku rubyiniro, imideli, ikinamico, sinema, ubuvanganzo, n’ibindi.

Ibi birori byateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umujyi wa Kigali, na Rwanda Arts Initiative. Intego yabyo nyamukuru ni ugutanga urubuga abahanzi bakagaragaza impano zabo n’ibikorwa byabo mu gihe bashyira ibihangano by’u Rwanda ku rwego rw’Isi, bikarushaho gushimangira umwanya w’u Rwanda nk’ihuriro ryo guhanga umuco.

Usibye ibirori bitandukanye bizaberamo, Iserukiramuco rya “Kigali Triennial” kandi rizaba urubuga rwo kuganira, gutanga amahugurwa n’amasomo, bikazateza imbere umubano hagati y’abazitabira n’abazagaragaza impano zabo.

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
4:28 am, Jul 27, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 52 %
Pressure 1014 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe